Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru ukunzwe mu myidagaduro mu Rwanda yahishuye ikihishe inyuma y’akaboke ke atajya agaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru akaba n’umujyanama w’abahanzi Irene Mulindahabi uzwi nka M.Irene, bwa mbere yasubije abibazaga icyo akaboko ke b’ibumoso kabaye, dore ko adakunze kukerekana yaba mu mafoto no mu biganiro by’amashusho.

M. Irene yavuze ko aka kaboke ke k’imoso, akunze kuba yashyize mu mufuka w’ipantalo, kamugaye cyera akiri umwana muto.

Yabitangarije mu kiganiro MIE CHOPPER, gitambuka kuri YouTube Channel ye, yasobanuyemo ibibazo yahuye na byo byatumye akaboko ke karemara.

Ibi yabisobanuye nyuma y’uko bamwe mu bamukurikira n’abakunzi b’ibyo akora bakomeje kumubaza niba agira akaboko k’ibumoso, abandi bakamubaza ikibazo gafite, kuko adakunze kukagaragaza n’iyo ukabonye akenshi ntubona ikiganza cyako.

Irene yavuze ko ubumuga bw’aka kaboko ke atabuvukanye ahubwo ko byatewe n’abaganga bo ku Bitaro bya Muhima bamwigiyeho gutera inkingo ubwo yari akiri uruhinja.

Yagize ati “Nibyo koko akaboko mfite ibumuso hano gafite ikibazo, ntabwo gakora neza nk’akandi. Mvuka navutse ndi umwana umeze neza ntakibazo mfite na kimwe, gusa navukiye ku Bitaro bya Muhima byari bifite serivisi mbi cyane.”

Yakomeje asobanura ko ikibazo cyaje ubwo umubyeyi we yajyaga kumukingiza. Ati “Ubwo mama yajyaga kunkingiza nakingiwe n’umwiga (Uwimenyereza umwuga) atera urushinge ku mutsi utari wo, gusa ntabwo kose kwangiritse ariko hari imitsi imwe n’imwe idakora.”

Muri iki kiganiro, M. Irene yavuze ko akiri umwana byamugoraga gukoresha ukuboko kumwe kugira ngo akomeze abeho ndetse ngo yasenze asaba Imana kuzamuha umurimo utamusaba gukoresha amaboko yombi, anavuga ko ashima Imana ko yumvise isengesho rye ubu akaba akoresha umunwa n’ubwenge.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

Bwa mbere Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku mugambi wa Tshisekedi wo gutera u Rwanda

Next Post

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Related Posts

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

IZIHERUKA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

02/11/2025
The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.