Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma yo gukozanyaho gukomeye M23 yagaragaje ko yahaye isomo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma yo gukozanyaho gukomeye M23 yagaragaje ko yahaye isomo FARDC n’Ingabo z’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Katsiro muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasize umutwe wa M23 wungutse ibindi bikoresho byasizwe n’uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi.

Ni imirwano yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024, mu gace ka Katsiro ko muri Gurupoma ya Bukombo muri Sheferi ya Bwito mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Mu butumwa bugaragaza uko urugamba rwari rwifashe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ubufatanywe bw’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, bwagabye ibitero muri aka gace ka Katsiro no mu nkengero zawo.

Lawrence Kanyuka yavuze ko umutwe wa M23 wirwanyeho ndetse ugakubita incuro uruhande bahanganye, ku buryo ahagana saa moya n’igice z’umugoroba “Bataye imbunda n’amasasu ku rugamba.”

Lawrence Kanyuka yatangaje ibi ku mugoroba, mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yavuze ko ubu bufatanye bw’uruhande bahanganye, bwari bwagabye ibitero biremereye mu bice birimo aka Katsiro.

Ni ibitero byagabwe nyuma yo guhura kw’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize SADC bagiye guha umusada igisirikare cya Leta ya Congo, ubwo bareberaga hamwe uko uru rugamba rwo guhangana na M23 rwarushaho kongererwa ingufu.

Umutwe wa M23 umaze iminsi wamagana ibi bitero bya FARDC n’abambari bayo, barasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage, biganjemo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Iyi mirwano yahinduye isura mu gihe Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bakomeje kwicwa n’imitwe itandukanye ishyigikiwe na FARDC, byanatumye Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere ziramukira mu myigaragambyo yo kwamagana ubu bwicanyi bukorerwa bene wabo, zinasaba ko iwabo hagaruka umutekano zigataha.

Imbunda zafashwe na M23
Hafashwe n’ibikoresho by’itumanaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Next Post

Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.