Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma yo gukozanyaho gukomeye M23 yagaragaje ko yahaye isomo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Nyuma yo gukozanyaho gukomeye M23 yagaragaje ko yahaye isomo FARDC n’Ingabo z’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Katsiro muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasize umutwe wa M23 wungutse ibindi bikoresho byasizwe n’uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi.

Ni imirwano yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 04 Werurwe 2024, mu gace ka Katsiro ko muri Gurupoma ya Bukombo muri Sheferi ya Bwito mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Mu butumwa bugaragaza uko urugamba rwari rwifashe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ubufatanywe bw’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa, bwagabye ibitero muri aka gace ka Katsiro no mu nkengero zawo.

Lawrence Kanyuka yavuze ko umutwe wa M23 wirwanyeho ndetse ugakubita incuro uruhande bahanganye, ku buryo ahagana saa moya n’igice z’umugoroba “Bataye imbunda n’amasasu ku rugamba.”

Lawrence Kanyuka yatangaje ibi ku mugoroba, mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, yari yavuze ko ubu bufatanye bw’uruhande bahanganye, bwari bwagabye ibitero biremereye mu bice birimo aka Katsiro.

Ni ibitero byagabwe nyuma yo guhura kw’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize SADC bagiye guha umusada igisirikare cya Leta ya Congo, ubwo bareberaga hamwe uko uru rugamba rwo guhangana na M23 rwarushaho kongererwa ingufu.

Umutwe wa M23 umaze iminsi wamagana ibi bitero bya FARDC n’abambari bayo, barasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage, biganjemo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Iyi mirwano yahinduye isura mu gihe Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bakomeje kwicwa n’imitwe itandukanye ishyigikiwe na FARDC, byanatumye Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere ziramukira mu myigaragambyo yo kwamagana ubu bwicanyi bukorerwa bene wabo, zinasaba ko iwabo hagaruka umutekano zigataha.

Imbunda zafashwe na M23
Hafashwe n’ibikoresho by’itumanaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 1 =

Previous Post

Bwa mbere Trump mu matora y’ibanze ntiyahiriwe

Next Post

Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Related Posts

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Abayobozi b’Ihuriro AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa; bitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba wa...

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

by radiotv10
01/11/2025
0

Madamu Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi, yatsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu cya Tanzania, ku majwi 97,66%, nk’uko...

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Habayeho mpinduka zitunguranye ku rutonde rw’abaherwe ba mbere ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.