Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Israel Mbonyi, yakoze amateka yo kuzuza Miliyoni imwe y’abamukurikira (Subscribers) ku rubuga rwa YouTube, ahita aba umuhanzi wa mbere ku giti cye mu ndirimbo z’Imana wujuje uyu mubare.

Byatangajwe n’uyu muhanzi kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ibyishimo byo kuba yujije uyu mubare wa Miliyoni 1 y’aba- Subscribers.

Mu butumwa ashimira abantu, Israel Mbonyi yagize ati “Mwakoze kuri Miliyoni y’abankurikira. Imana ihe umugisha buri wese wo.”

View this post on Instagram

A post shared by MBONYI (@israelmbonyi)

Israel Mbonyi, uri mu bayoboye umuziki wa Gospel Nyarwanda, yujuje imyaka 10 yinjiye muri muzika, kuko yawutangiye muri 2014.

Yamamaye mu buryo bwihuse, kuko agitangira umuziki, yagiye amenyekana cyane kubera indirimbo ze zose zasohokaga zigakundwa na benshi yaba abakunze kujya gusenga Imana mu nsengero ndetse n’abandi bose.

Abaye umuhanzi wa mbere ku giti cye mu Rwanda, wujuje aba-Subscribers bangana na Miliyoni 1, yaba mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ndetse no mu ndirimbo zisanzwe.

Ni mu gihe Korali ya Ambassadors of Christ, imaze umwaka umwe yujuje Miliyoni y’ababakurikira ku rubuga rwa YouTube, aho iyi Korali mu idini y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi iri mu zikunzwe mu Rwanda.

Nanone kandi Umunanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy na we afite uyu mubare wa Miliyoni imwe y’Aba- Subscribers kuri YouTube, aho we yatangiriye mu ndirimbo zisanzwe, ariko ubu akaba yaramaze kwiyegurira Imana. Bivuze ko aba bamukurikiye kuri YouTube bose batabonetse bakurikiye Indirimbo z’Imana nk’uko bimeze kuri Israel Mbonyi.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro

Next Post

U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

Related Posts

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Uwase Muyango Claudine wari umaze imyaka ibiri n’igice akorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, yasezeye ahita asimburwa na Khadidja...

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.