Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, agiye gutangaza Politiki nshya izazanira amahirwe abarenga ibihumbi 500 bashakanye n’Abanyamerika batari bafite ibyangombwa, ku buryo bazagira uburenganzira bwo kubonamo akazi muri iki Gihugu.

Iyi politiki izaba ireba gusa abamaze nibura imyaka 10 muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bazaba bemerewe kubona akazi muri iki Gihugu.

Ni imwe muri gahunda ikomeye ibayeho ireba abimukira badafite ibyangombwa bari muri USA kuva ku butegetesi bwa Barack Obama.

Ku bw’iyi gahunda, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri USA-White House byizera ko abashakanye barenga ibihumbi 500 batuye muri iki Gihugu bazayungukiramo kimwe n’abandi ibihumbi 50 by’abari munsi y’imyaka 21 bafite ababyeyi bashakanye n’abafite ubwenegihugu bwa America.

Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kamena, Perezida Biden yizeje ko agiye gukora ibishoboka kugira ngo urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, “rukorera mu mucyo kandi neza.”

Isesenguramakuru rigaragaza ko ibijyanye no kwinjira muri America, ari kimwe mu bihanzwe amaso n’abazatora mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu kwezi k’Ugushyingo (11).

Ibi byatangajwe mu gihe kuri uyu wa Kabiri wari umunsi w’isabukuru ya 12 yo kwizihiza gahunda yiswe ‘Daca’ ireba abimukira barenga ibihumbi 530 bagiye muri America ari abana, bagiyeyo birukaniweyo.

Ku wa Mbere kandi, umwe mu bayobozi mu rwego rukuru muri America, yatangaje ko abashakanye n’abanyamerika bakaba bamaze imyaka 10 muri iki Gihugu, batari bafite ibyangombwa byo kwitwa Abanyamerika, bazaba bafite uburenganzira bwo gutangira urugendo rwo kuba bahabwa ubwenegihugu.

Abo bazaba barebwa n’iyi gahunda, bazaba bafite igihe cy’imyaka itatu yo kwaka ibyangombwa byo gutura muri America, ndetse n’ibyangombwa by’imyaka itatu yo gukorayo imirimo.

Perezidansi ya USA ivuga ko abazaba bujuje ibisabwa kuri iyi gahunda, bamaze imyaka 23 muri iki Gihugu, ndetse benshi muri bo bakaba baravukiye muri Mexico.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + one =

Previous Post

Hamenyekanye igihe Amatora y’Abasenateri mu Rwanda azabera

Next Post

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Related Posts

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

Muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha, yakomeye,...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

by radiotv10
19/09/2025
0

Ingingo yo guhererekanya imfungwa hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni imwe mu zabaye ingorabahizi, ndetse...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratabaza amahanga ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR n’Ingabo z’u Burundi, rwabyutse rurasa ibisasu bakoresheje...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

IZIHERUKA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura
AMAHANGA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.