Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’uko Sitade Amahoro yuzuye u Rwanda rwaje aho rwaherukaga mu myaka 4 ishize

radiotv10by radiotv10
13/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’uko Sitade Amahoro yuzuye u Rwanda rwaje aho rwaherukaga mu myaka 4 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF yashyize hanze urutonde rwa za Sitade zishobora gukinirwaho imikino mpuzamahanga y’iyi Mpuzamashyirahamwe, aho u Rwanda rwisanze rufite ebyiri, ibintu byaherukaga mu myaka ine ishize.

Sitade Amahoro na Kigali Pelé Stadium, ni zo sitade ebyiri ziri ku rutonde rw’izemerewe kwakira imikino y’ijonjora rya mbere n’irya kabiri mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yabaye aya mbere iwabo, ari yo CAF Champions League na Confederation Cup 2024-2025.

Uru rutonde rwagiye hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, ruriho n’Ibihugu bidafite sitade n’imwe ishobora kwakira iyi mikino, aho nko mu karere harimo u Burundi, Kenya ndetse na Sudani y’Epfo.

Ni mu gihe u Rwanda, Uganda, Tanzania na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byombi bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, buri kimwe gifitemo sitade ebyiri.

Igihugu gifite sitade nyinshi kuri uru rutonde rwa CAF, ni Afurika y’Epfo, ifiteho sitade cumi n’imwe, naho Morocco na Algeria, na zo buri imwe kikagira zirindwi.

Biteganijwe ko iyi mikino izaba hagati ya tariki 16 Kanama kugeza ku ya 22 Nzeri. U Rwanda ruzaba ruhagarariwe na APR FC yatwaye ikombe cya Shampiona ya 2023-2024 na Police FC yatwaye igikombe cy’Amahoro.

Kuva muri 2020, ni ubwa mbere u Rwanda rugize Sitade zirenze imwe zakwakira imikino mpuzamahanga ku rwego rw’amakipe asanzwe (Club) ndetse no ku rwego rw’amakipe y’Ibihugu.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 18 =

Previous Post

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Next Post

Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Related Posts

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.