• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Nyuma y’uko Sitade Amahoro yuzuye u Rwanda rwaje aho rwaherukaga mu myaka 4 ishize

radiotv10by radiotv10
13/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma y’uko Sitade Amahoro yuzuye u Rwanda rwaje aho rwaherukaga mu myaka 4 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF yashyize hanze urutonde rwa za Sitade zishobora gukinirwaho imikino mpuzamahanga y’iyi Mpuzamashyirahamwe, aho u Rwanda rwisanze rufite ebyiri, ibintu byaherukaga mu myaka ine ishize.

Sitade Amahoro na Kigali Pelé Stadium, ni zo sitade ebyiri ziri ku rutonde rw’izemerewe kwakira imikino y’ijonjora rya mbere n’irya kabiri mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yabaye aya mbere iwabo, ari yo CAF Champions League na Confederation Cup 2024-2025.

Uru rutonde rwagiye hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, ruriho n’Ibihugu bidafite sitade n’imwe ishobora kwakira iyi mikino, aho nko mu karere harimo u Burundi, Kenya ndetse na Sudani y’Epfo.

Ni mu gihe u Rwanda, Uganda, Tanzania na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byombi bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, buri kimwe gifitemo sitade ebyiri.

Igihugu gifite sitade nyinshi kuri uru rutonde rwa CAF, ni Afurika y’Epfo, ifiteho sitade cumi n’imwe, naho Morocco na Algeria, na zo buri imwe kikagira zirindwi.

Biteganijwe ko iyi mikino izaba hagati ya tariki 16 Kanama kugeza ku ya 22 Nzeri. U Rwanda ruzaba ruhagarariwe na APR FC yatwaye ikombe cya Shampiona ya 2023-2024 na Police FC yatwaye igikombe cy’Amahoro.

Kuva muri 2020, ni ubwa mbere u Rwanda rugize Sitade zirenze imwe zakwakira imikino mpuzamahanga ku rwego rw’amakipe asanzwe (Club) ndetse no ku rwego rw’amakipe y’Ibihugu.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 12 =

Previous Post

Sudan: Abanyamahanga baba i Khartoum bahawe umuburo w’ibyo bagomba gukora byihuse

Next Post

Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.