• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Icukumbura ryakozwe ku iyicwa rya Ismail Haniyeh wari Umuyobozi w’umutwe wa Hamas wiciwe muri Iran, ryagaragaje ko igisasu cyamuhitanye we n’umurinzi we, cyari kimaze amezi abiri giteze mu cyumba yacumbitsemo.

Iyi nyubako y’i Tehran muri Iran, yari yacumbitsemo Ismail Haniyeh ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida wa Iran, yari iri ahantu hasanzwe harinzwe.

Icukumbura ryakozwe n’ikinyamakuru The New York Times, ryagaragaje ko icyo gisasu ari ikigenzurwa n’umuntu wibereye ikantarange, agashobora kuba yagituritsa igihe ashakiye.

Iki gitangazamakuru kivuga ko iki gisasu cyatezwe mu cyumba byari bizwi ko kizararamo uyu wari Umuyobozi wa Hamas, Ismail Haniyeh.

The New York Times ivuga ko raporo y’abayobozi barimo uwo muri America umwe, ndetse na barindwi bo mu burasirazuba bwo hagati barimo babiri bo mu itsinda ry’ingabo za Iran, yemeje aya makuru, ndetse ikemeza ko iki gikorwa cyateguwe na Israel.

Kugeza ubu Igihugu cya Israel ntikiremera cyangwa ngo gihakane niba ari cyo kivuganye uyu wari Umuyobozi w’Umutwe wa Hamas.

Icukumbura kuri iki gisasu, rihakana ibyavugwaga ko ari icyarashwe n’indege, kuko iturika ryacyo ryangije icyumba cyari kirimo uyu wari ukuriye Hamas mu bya politiki ndetse ko hangiritse igice gito kuri iyi nyubako.

Kinavuga ko ikindi kibigaragaza ari ukuba iri turika ritarageze ku cyumba cyegeranye n’icyo Ismail Haniyeh yari arimo, cyo cyari kirimo umuyobozi w’umutwe w’Abanya-Palestine wa Islamic Jihad, Ziad Nakhaleh.

Nk’uko iki kinyamakuru kibivuga, nyuma y’iri cukumbura, cyemeza ko “wari umugambi wateguranywe ubuhanga buhanitse” wo kwivugana Haniyeh.

Abayobozi ba Iran bavuga ko batazi uko icyo kibombe cyaba cyageze rwihishwa mu cyumba cya Haniyeh, nubwo bemeza ko cyahashyizwe mu mezi abiri ashize.

Abayobozi batanu bo muri aka gace ka Middle East bavuze ko “Abyobozi b’ubutasi bwa Israel bari bamenyesheje Leta Zunze Ubumwe za America na Guverinoma z’ab’Iburengerazuba bw’Isi, amakuru arambuye kuri uyu mugambi.”

Nanone iyi raporo, ivuga ko bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru za Leta Zunze Ubuumwe za America, bamaze kugera ku isesenguramakuru ryemeza ko Israel ari yo yateguye uyu mugambi wo kwivugana Ismail Haniyeh.

Ismail Haniyeh yiciwe muri operasiyo yateguranywe ubuhanga
Icyumba yari yacumbitsemo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 11 =

Previous Post

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

Next Post

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.