Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze amakuru mashya y’ibanga ku iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Icukumbura ryakozwe ku iyicwa rya Ismail Haniyeh wari Umuyobozi w’umutwe wa Hamas wiciwe muri Iran, ryagaragaje ko igisasu cyamuhitanye we n’umurinzi we, cyari kimaze amezi abiri giteze mu cyumba yacumbitsemo.

Iyi nyubako y’i Tehran muri Iran, yari yacumbitsemo Ismail Haniyeh ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida wa Iran, yari iri ahantu hasanzwe harinzwe.

Icukumbura ryakozwe n’ikinyamakuru The New York Times, ryagaragaje ko icyo gisasu ari ikigenzurwa n’umuntu wibereye ikantarange, agashobora kuba yagituritsa igihe ashakiye.

Iki gitangazamakuru kivuga ko iki gisasu cyatezwe mu cyumba byari bizwi ko kizararamo uyu wari Umuyobozi wa Hamas, Ismail Haniyeh.

The New York Times ivuga ko raporo y’abayobozi barimo uwo muri America umwe, ndetse na barindwi bo mu burasirazuba bwo hagati barimo babiri bo mu itsinda ry’ingabo za Iran, yemeje aya makuru, ndetse ikemeza ko iki gikorwa cyateguwe na Israel.

Kugeza ubu Igihugu cya Israel ntikiremera cyangwa ngo gihakane niba ari cyo kivuganye uyu wari Umuyobozi w’Umutwe wa Hamas.

Icukumbura kuri iki gisasu, rihakana ibyavugwaga ko ari icyarashwe n’indege, kuko iturika ryacyo ryangije icyumba cyari kirimo uyu wari ukuriye Hamas mu bya politiki ndetse ko hangiritse igice gito kuri iyi nyubako.

Kinavuga ko ikindi kibigaragaza ari ukuba iri turika ritarageze ku cyumba cyegeranye n’icyo Ismail Haniyeh yari arimo, cyo cyari kirimo umuyobozi w’umutwe w’Abanya-Palestine wa Islamic Jihad, Ziad Nakhaleh.

Nk’uko iki kinyamakuru kibivuga, nyuma y’iri cukumbura, cyemeza ko “wari umugambi wateguranywe ubuhanga buhanitse” wo kwivugana Haniyeh.

Abayobozi ba Iran bavuga ko batazi uko icyo kibombe cyaba cyageze rwihishwa mu cyumba cya Haniyeh, nubwo bemeza ko cyahashyizwe mu mezi abiri ashize.

Abayobozi batanu bo muri aka gace ka Middle East bavuze ko “Abyobozi b’ubutasi bwa Israel bari bamenyesheje Leta Zunze Ubumwe za America na Guverinoma z’ab’Iburengerazuba bw’Isi, amakuru arambuye kuri uyu mugambi.”

Nanone iyi raporo, ivuga ko bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru za Leta Zunze Ubuumwe za America, bamaze kugera ku isesenguramakuru ryemeza ko Israel ari yo yateguye uyu mugambi wo kwivugana Ismail Haniyeh.

Ismail Haniyeh yiciwe muri operasiyo yateguranywe ubuhanga
Icyumba yari yacumbitsemo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

Next Post

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.