Saturday, August 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Batangiye kumwifuriza ishya n’ihirwe: Uwatsinze amatora muri America arasa nk’uwamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umu-Republican Donald Trump wahataniraga kuyobora Leta Zunze za America Ubumwe, arakoza imitwe y’intoki ku ntsinzi, ndetse na we ubwe akaba yatangaje ko yamaze gutsinda aya matora yari ahatanyemo na Kamala Harris, Visi Perezida w’iki Gihugu.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, Trump yari amaze kugira amajwi 267 mu gihe uwatsinze amatora aba agomba kugira 270, hagendewe ku mubare w’Intebe z’abahagarariye abatora, mu gihe Kamala Harris yari afite amajwi 224.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024 Abanyamerika babarirwa muri miliyoni 120 baramukiye mu gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu, dore ko abandi babarirwa muri miliyoni 80 bari batoye mbere.

Nyuma y’amatora y’abaturage, hakurikiraho intebe z’abahagarariye abatora muri buri Leta, ziba ari 538 ari na yo majwi ari kubarurwa, aho kugeza ubu Donald Trump afite amajwi 267, aho abura atatu gusa ngo yegukane intsinzi.

Trump ukoza imitwe y’intoki ku kugaruka muri White House, yahise atangaza ko yatsinze aya matora, aho yavuze ko yari abikwiye kubera ibyo yanyuzemo byabanje kumunaniza ndetse no gusimbuka impfu z’abashaka kumwivugana.

Yagize ati “Abantu benshi barambwiye ngo Imana yarokoye ubuzima bwanjye kubera impamvu. None rero iyo mpamvu ikaba ari ugutabara Igihugu cyacu no kongera kugaruka America ku buhangange.”

Abakuru b’Ibihigu by’ibihangange, batangiye kwifuriza ishya n’ihirwe, Perezida Donald Trump, nka Emmanuel Macron w’u Bufaransa wahise atanga ubutumwa bwe.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Emmanuel Macron yagize ati “Nshimiye Perezida Donald Trump. Niteguye gukorana na we nkuko twabigenje mu gihe cy’imyaka ine.”

Perezida Macron yavuze ko akurikije imyemerere ya Trump ndetse n’iye, hazabaho ubwubahane mu ntego zabo, bagamije amahoro n’iterambere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?

Next Post

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Related Posts

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Mbere yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ahura na Vladmir Putin w’u Burusiya, yavuze ko afite...

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

by radiotv10
15/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zemeje kugurisha ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro ka miliyoni 346 USD ku Gihugu cya Nigeria,...

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

by radiotv10
15/08/2025
0

Abashyigikiye Igihugu cya Ukraine babarirwa mu bihumbi bateguye imyigaragambyo yamagana kuba umuhuro wa Perezida Donald Trump wa America na Vladimir...

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Daniel Paluku Kisaka Yereyere wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku butegetsi bwa...

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, has said that he always asks God for forgiveness for...

IZIHERUKA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

by radiotv10
15/08/2025
0

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

15/08/2025
Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

15/08/2025
Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

Igihugu cyo muri Afurika kigiye kugura na America intwaro za miliyoni 346$

15/08/2025
Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

Guhura kwa Perezida wa America Trump na Putini w’u Burusiya byahagurukije imbaga

15/08/2025
Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

15/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.