Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi

radiotv10by radiotv10
14/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe Donald Trump akomeje gushyiraho abayobozi bazamufasha kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, impaka zikomeje kugwira kubera abo akomeje gushyiraho, barimo nk’uwo yagize Minisitiri w’Ingabo, usanzwe ari umusivile wanabaye Umunyamakuru.

Ishyaka ry’Aba-Republicans rya Trump uherutse gutsinda amatora, kandi ryanegukanye imyanya myinshi mu mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America rihigitse iry’Aba-Democrats, bivuze ko Donald Trump n’ishyaka rye, bazaba bafite ububasha bwose mu kuyobora Igihugu.

Ubwo yiyamamazaga, Perezida Donald Trump yasezeranyije Abanyamerika ko azayobora Igihugu mu cyerekezo gitandukanye cyane n’icyo Joe Biden yabaganishagamo, ndetse kuri ubu afite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibitekerezo bye, kuko azaba ashyigikiwe n’ishyaka rye rifite ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.

Nyuma yo kwakirwa na Joe Biden muri White House nk’ikimenyetso cyo guhererekanya ubutegetsi, ubu Trump ari gushyiraho abayobozi bazamufasha kuyobora iki Gihugu, ariko bazabanza kwemezwa na Sena.

Mu bo aheruka gushyiraho harimo na Pete Hegseth yagize Minisiteri w’Ingabo. Pete yabaye umunyamakuru kuri Fox News, ndetse yakunze kugaragaza ibitekerezo bihabanye n’ibya benshi ku miterere y’igisirikare cya Amerika, aho yavugaga ko abagore batagomba kujya mu nshingano z’urugamba.

Gushyirwa kuri uyu mwanya, byatumye Abanyamerika bacika ururongogoro kuko bitari bisanzwe ko Umusivile ayobora urwego nkuru rwa gisirikare.

Ntibyagarukiye aho kuko, ku mwanya w’intumwa nkuru ya Leta, Trump yagennye Matt Gaetz. Uyu na we yakuruye impaka zitari nke, kuko yigeze gukorwaho iperereza ku byaha birebana n’icuruzwa ry’abana rishingiye ku mibonano mpuzabitsina, ariko ntiyigeze agezwa mu butabera, icyakora ngo ni umuntu wa hafi wa Trump, kuko yari mu b’imbere basabye ko haburizwemo ibyavuye mu matora ya 2020, yarangiye Trump atsinzwe na Joe Biden.

Kugeza ubu amahitamo ya Perezida watowe, mu gushyiraho abazamufasha kuyobora, akomeje kutavugwaho rumwe na benshi mu Banyamerika biganjemo abo mu ishyaka ry’Aba-Democrats, bavuga ko guhera muri Mutarama umwaka utaha wa 2025, Amerika izafata icyerekezo gishya, ndetse ko amahitamo ya Trump yerekana icyerekezo Igihugu cyabo kigiye kujyamo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + three =

Previous Post

Ubuyobozi Bukuru bwa M23 bwatangaje impinduka mu bayobozi bashya b’ibice igenzura

Next Post

Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.