Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Bashar al-Assad wari Perezia wa Syria ahiritswe ku butegetsi, ndetse agahungira mu Burusiya, ubu akaba yamaze guhabwa ubuhungiro, hahise hazamuka ikikango ko ububiko bw’intwaro z’ubumara bwagwa mu maboko y’abanzi bakaba bazikoresha mu koreka imbaga.

Ihirikwa rya Bashar al-Assad ryaje nyuma yuko umurwa Mukuru wa Syria, Damascus ufashwe, ndetse ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya-Kremlin bikaba byemeje ko byamaze kumuha ubuhungiro muri iki Gihugu, mu rwego rw’ubutabazi.

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov yavuze ko Perezida Vladimir Putin ubwe ari we wafashe icyemezo cyo guha ubuhungiro Assad n’umuryango we i Moscow.

Yagize ati “Perezida Assad wa Syria yageze i Moscow. U Burusiya bwamuhaye we n’umuryango we ubuhungiro mu rwego rw’ubutabazi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya kandi yatangaje ko Assad yabashije kuva mu biro bye, ndetse akanava mu Gihugu nyuma yuko habayeho ibiganiro n’abandi babifashijwemo “n’abarwanyi bazamuye imvururu” bakemera ko bahabwa ubutegetsi mu mahoro.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Sa’ar; yatangaje ko hahise hihutirwa gushakisha ahantu hakekwa ko hari ububiko bw’intwaro z’ubumara muri Syria mu gihe hakomeje imvururu ziriyo.

Israel ivuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ko hari ububiko bw’izi ntwaro bwagwa mu maboko y’abanzi, bakaba bakoresha izo ntwaro mu bikorwa bibi.

U Burusiya kandi busanzwe ari inshuti ya Assad bwanamufashije kuguma ku butegetsi, kuri uyu wa Mbere bwatangaje ko bwatangiye kugirana ibiganiro ku mutekano w’abaturage babwo bari muri Syria, nk’uko byemejwe n’ukuriye iperereza muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Sergei Naryshkin.

Kremlin kandi yatangaje ko hakiri kare kuvuga ku hazaza h’ibirindiro by’igisirikare cy’u Burusiya biri muri Syria, nyuma yuko abarwanyi bakuye ku butegetsi Bashar al-Assad, ndetse ko bigomba kuza mu ngingo z’ibanze zigomba kuganirwaho ku mategeko y’abazayobora Damascus.

U Burusiya busanzwe bufite muri Syria ikigo cya gisirikare gikomeye cya Hmeimim cy’Ingabo zirwanira mu kirere, kiri mu byatumaga iki Gihugu kigira ijambo.

Nanone kandi Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Budage, yavuze ko umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) wahiritse Perezida ku butegetsi, ugomba guhangwa amaso bitewe n’uburyo uzafata abasivile muri iki Gihugu cya Syria.

Yagize ati “Mu mezi macye ashize n’imyaka micye, HTS yashyize imbaraga mu kwitandukanya n’imyitwarire ya jihadist yibanda mu kubaka imitegekere ya gisivile. Nubwo izi ngamba zishobora gufatwa nk’izifite ishingiro ariko zizabonerwa mu buryo bazafata abasivile byumwihariko imiryango ya ba nyamuke iri mu bice igenzura.”

Mu butumwa bwaranzwe n’aba bahirise Assad, bavuze ko batazigera bategeka imyambarire y’agabore ishingiye ku myemerere, banasezeranya abantu kwishyira ukizana.

Ni mu gihe imyambarire yo gutegeka abagore uko bambara ndetse no gushyiraho ibihano bikarishye ku babirenzeho, byagiye bizamura impaka ndende.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

Next Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Related Posts

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibihano byasabiwe Umusirikare ukurikiranyweho kwicira abaturage batanu mu kabari

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.