Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho k’uwari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon wari umaze amezi atatu akora kandi yarasezeye

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho k’uwari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon wari umaze amezi atatu akora kandi yarasezeye
Share on FacebookShare on Twitter

Namenye Patrick wari warasezeye ku nshingano z’Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, ariko agakomeza gukora, ubu biravugwa ko yamaze guhagarika izi nshingano ndetse akaba yakoze ihererekanyabubasha n’uwo azisigiye.

Mu ntangiro za Nzeri 2024, byavuzwe ko Namenye Patrick wari umaze imyaka ibiri ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, yasezeye kuri izi nshingano, aho byanavugwaga ko yabonye akandi kazi.

Gusa ntiyahise ava muri izi nshingano, kuko yasabwe kuzikomeza kugira ngo afashe iyi kipe yari iri gushyiraho ubuyobozi bushya, yanaje no kubigeraho.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Kigali Today, avuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukuboza 2024, ari bwo Namenye Patrick yashyize akadomo kuri izi nshingano, ndetse anahererekanya ububasha na Liliane Uwimpuhwe uherutse guhabwa izi nshingano.

Iki gikorwa cy’ihererekanyabubasha cyabaye kuri uyu wa Gatatu, kizakurikirwa n’Inama izahuza Komite Nyobozi y’iyi kipe ya Rayon Sports iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, ari na yo izagaragarizwamo ishusho y’uko Namenye asize iyi kipe.

Amakuru avuga kandi ko Namenye Patrick na we azitabira iyi nama, kugira ngo hagaragazwe ibyo yakoze, nibiba na ngombwa anabitangeho umucyo n’ibisobanuro dore ko hari n’ibyo ashobora kuzakurikiranwaho.

Namenye Patrick avuye muri izi nshingano, nyuma yuko Ikipe ya Rayon Sports yari imaze iminsi ihugiye mu myiteguro y’imikino ikomeye, irimo n’uwayihuje na APR FC mu cyumweru gishize, ndetse Perezida w’Umuryango w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée akaba yari yavuze ko ubuyobozi bushya bwayo butari bwakabonye umwanya wo gushyira ku murongo ibijyanye n’ubunyamabanga bwayo kubera iyi mikino.

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kugira ibihe byiza muri shampiyona y’uyu mwaka, dore ko ari iyo iyoboye urutonde rw’agateganyo n’amanota 30, mu gihe mucyeba wayo APR FC ifite iki gikombe, iri ku mwanya wa kane n’amanota 22 ariko ikaba igifite umukino umwe w’ikirarane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fourteen =

Previous Post

Umuvugizi wa RDF mu batanze ikiganiro mu nama mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye

Next Post

Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga yahaye isezerano Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bigomba guhagarara-Perezida Kagame yatanze umurongo ntarengwa ku bimaze iminsi by’abica abarokotse Jenoside

Perezida mushya w’Urukiko rw’Ikirenga yahaye isezerano Umukuru w’u Rwanda n’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.