Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
0
Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abana bariho mu buzima bwo ku muhanda mu isantere ya Rubengera mu Karere ka Karongi, bamwe bavuga ko batazi ababyeyi babo, bakavuga ko nubwo bariho muri ubu buzima bugoye, ariko bakomeje kwiga, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari abashakiwe imiryango ibarera ariko bugacya basubiye ku muhanda.

Ni abana icyenda barimo abiga mu mashusho abanza, bavuga ko ubu buzima bugoye, batabuhisemo, ahubwo ko ari urusobe rw’ibibazo bisanzemo, birimo kuba bamwe muri bo batazi ababyeyi babo.

Aba bana bavuga ko n’abazi imiryango yabo, irimo ibibazo byinshi byatumye bahitamo kujya kuba muri ubu buzima bwo ku muhanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye aba bana, yasanze bamwe bari gushaka uko baryama, bamwe baryamye mu mifuka, abandi baryamye ku makarito, ibyo kurya byo, bajya gutoragura ibyatawe n’abahisi n’abagenzi ndetse no gusabiriza abatambutse.

Uwo bakunze guhimba Gitifu, yagize “Mama yagiye i Kigali, papa na we yogoshera hano hirya ariko ntakintu ajya amfasha, ahubwo arantarukana iyo mubwiye ngo anyogoshe akambwira ngo nimuve imbere.”

Nubwo babaho mu buzima bubasaba gutegera amaboko umuhisi n’umugenzi ngo babone icyo barya, bamwe muri aba bana bavuga ko biga mu mashuri abanza bikabasaba kujya kubitsa amakayi

Umwe w’iimyaka 12, yagize ati “Amakayi tuyabitsa hano haruguru ku kamboji kuko aya mbere yatwawe n’imvura tukiyabika muri borudire.”

Akomeza agira ati “Uwampa ibikoresho by’ishuri nkanabona aho kuba n’ibyo kurya naba umwana mwiza sinagaruka ku muhanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Medard avuga ko ikibazo cy’aba bana kizwi kandi ko ubuyobozi bwagerageje kugishakira umuti ariko bikananirana.

Ati “Twabashakiye imiryango kuko harimo abana icyera kandi mbere bari cumi n’abane, ariko muri abo twashakiye imiryango y’abarera barindwi bagarutse ku muhanda, ubu turi gushakisha izindi ngamba kuko twatumije iyo miryango yari yabakiriye ngo twumve imbogamizi bagize mu kubakira.”

Mu gihe mu bindi bice bigaragaramo abana bo ku muhanda, hakunze kuvugwa ibikorwa by’urugomo bakora birimo n’ubujura, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera, bwo bwemeza ko aba baba muri iyi santere, bo batiba, ariko ko bagomba gushakirwa imiryango ibarera nk’uko biri muri gahunda ya Leta.

Barya ibyasigajwe n’abahisi n’abagenzi
Bariho ubuzima buteye agahinda
Nubwo ari abo ku muhanda ariko ngo nta rugomo bateza
Umuyobozi w’Umurenge wa Rubendera avuga ko hari kuvugutwa umuti urambye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fifteen =

Previous Post

Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wafatanywe umutwe w’inka yari yabuze nyuma yo kwibwa, yisobanuye avuga...

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya...

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunya-Somalia wahoze ayobora Ibitaro bikuru by'Igihugu, washakishwaga n’inzego z’ubutabera za kiriya Gihugu zimukekaho ibyaha birimo gufata ku ngufu no gufata...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.