Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibirambuye ku ngingo yafashe amasaha icyenda yahagaritse bitunguranye inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nubwo ibibazo bya M23 ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko bigira ingaruka ku mutekano w’u Rwanda, bityo ko ari yo mpamvu rukomeje gusaba ko ubutegetsi bwa Congo buganira n’uyu mutwe.

Ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’icyumweru gishize, byahagaritswe ku munota wa nyuma.

Imwe mu mpamvu zatumye ibi biganiro bisubikwa, ni ukuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarisubiye ikavuga ko itazaganira n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe mu ibaruwa itumira u Rwanda muri ibi biganiro by’Abakuru b’Ibihugu, umuhuza ari we Angola, yavugaga ko noneho ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuzagirana ibiganiro n’uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo.

Inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabaye ku ya 14 Ukuboza, yarangiye ntacyo igezeho kuko Guverinoma ya Congo yongeye kurahira ko itagaanira na M23, ingingo yafashe amasaha icyenda igibwaho impaka.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko nubwo mu biganiro byabanje mbere hari intambwe yatewe ku ngingo ebyiri, zirimo kwemeranya gusenya umutwe wa FDLR ndetse no kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije, ariko hatagomba no kwirengagizwa ingingo ya gatatu na yo ikomeye, yo kuba Congo igomba kugirana ibiganiro na M23.

Mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Nduhungirehe yabajijwe impamvu u Rwanda rukomeza gusaba ko Congo iganira n’uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo, kandi ari ibibazo bireba Abanyekongo.

Amb. Nduhungirehe yasubije agira ati “Ni byo rwose M23 ni umutwe w’Abanyekongo, ariko ikibazo cya M23, ni ikibazo cyototera umutekano w’u Rwanda, kuko hagendewe kuri iki kibazo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yubatse ubufatanye bwa gisirikare, bwanashyizwemo umutwe w’Abajenosideri wa FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, abasirikare b’u Burundi, ndetse n’abacancuro b’i Burayi, barimo abo mu Bufaransa n’abandi bo muri Romania, kugira ngo bagabe ibitero kuri M23 kugira ngo babageze mu Rwanda, kuko M23 yakomeje kwegekwa ku Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Rero ni n’ikibazo ku mutekano w’u Rwanda, ntabwo ari ikibazo gusa cy’umutwe w’Abanyekongo.”

Nduhungirehe kandi yaboneyeho kongera kwamagana ikinyoma cyakomeje kuzamurwa cyo kuvuga ko uyu mutwe wa M23 ufashwa n’u Rwanda, avuga ko ari ikinyoma cyacuzwe n’ubutegetsi bwa Congo, ndetse n’amwe mu mahanga akagendera muri uwo murongo.

Yavuze ko ibibazo bya M23 bisanzwe bizwi kandi ko atari bishya, bishingiye ku bibazo by’akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bityo ko bikwiye gushakirwa umuti urambye kugira ngo biranduke burundu, kandi ko nta yindi nzira byanyuramo atari ibiganiro bigomba kuba hagati y’uyu mutwe wa M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seventeen =

Previous Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo arohereza intumwa yihariye i Kigali

Next Post

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Related Posts

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

by radiotv10
17/09/2025
0

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS) rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’urundi nkarwo rwo muri Maroc, yitezweho gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Eng.-What caused the RDF drone accident?

by radiotv10
17/09/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) has announced that one of its small unmanned aircraft (a drone), which was being used...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa
MU RWANDA

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

by radiotv10
17/09/2025
0

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

17/09/2025
Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.