• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Guverinona yagize icyo ivuga ku bushotoranyi n’imirwano bivugwa hagati yurubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw’Abanya-Sudani y’Epfo

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in Uncategorized
0
Kuki Angola ifite abasirikare bakubye 3 ab’u Rwanda na Congo kandi aribo bafitanye ibibazo?
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yavuze ko yamenye amakuru y’ubushotoranyi buri kuvugwa hagati y’urubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw’Abanya-Sudani y’Epfo ruba mu Rwanda, aboneraho kwibutsa ko ubushyamirane ari kirazira mu muryango Nyarwanda.

Ni nyuma yuko hakomeje iminsi havugwa ubushotoranyi bw’urubyiruko rw’abo muri Sudani y’Epfo ruba mu Rwanda, rukomeje gukorera Abanyarwanda.

Ni ubushotoranyi buvugwa mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali, nko mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, aho uru rubyiruko rukomoka muri Sudani y’Epfo, rurangwa n’urugomo rukorera Abanyarwanda.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 30, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagize icyo avuga kuri ubu bushotoranyi.

Yagize ati “Amakuru y’ubushotoranyi n’imirwano hagati y’urubyiruko rw’Abanyarwanda n’urw’Abanyasudani y’Epfo yangezeho. Ndagira ngo nibutse ko ubushyamirane mu rubyiruko budafite umwanya muri sosiyete nyarwanda, kandi amagambo yibasira Abanyesudani y’Epfo by’umwihariko anyuranyije n’indangagaciro nyarwanda.”

Amb. Nduhungirehe yakomeje agira ati “Abanyarwanda tugomba kwigira ku mateka yacu, tugasabwa kurangwa n’ubumwe n’ubworoherane, duca burundu amakimbirane n’ivangura iryo ari ryo ryose.”

Yaboneyeho kandi kwibutsa ko igihe hari ibitagenda neza, hari inzigo zibishinzwe, bityo ko abantu bakwiye kureka izo nzego zigakora akazi kazoo.

Ati “Dukomeze kugirira icyizere inzego z’umutekano n’iz’ubutabera, kuko ari zo zikora iperereza rikwiye, hakurikijwe amategeko.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, kandi yaboneyeho gusaba Abanyarwanda kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka n’itangira undi mu mahoro n’ubwubahane.

Ati “Mu gihe twinjira mu bihe by’iminsi mikuru, ndashishikariza buri wese kwizihiza ubunani mu buryo buboneye, twimakaza ibirori birangwa n’ituze n’ubwumvikane hagati y’urubyiruko. Reka dufatanye twese, dusigasire umutekano w’Igihugu cyacu, ari na ko dukomeza kwakirana urugwiro urubyiruko ruturutse mu mahanga.”

Iki kibazo cy’urugomo ruvugwa ku rubyiruko rw’Abanya-Sudani y’Epfo, cyanagarutsweho na Polisi y’u Rwanda, yibukije ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko ku buryo yakora ibibujijwe.

Polisi y’u Rwanda yagize iti “Ibikorwa by’urugomo ntabwo byemewe. Abantu bose harimo n’abanyamahanga basabwa kubahiriza amategeko nk’uko bisabwa.”

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rwavuze ko uzagaragaraho ibikorwa by’urugomo wese, azabihanirwa hakurikijwe amategeko y’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − two =

Previous Post

Menya ahantu hazabera ibirori rusange byo gusoza umwaka n’ibizakorerwamo byategujwe Abanyakigali

Next Post

Menya ibikorwa bigize ibyaha biregwa abarimo abagore bane bakekwaho guhohotera abarokotse Jenoside

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Menya ibikorwa bigize ibyaha biregwa abarimo abagore bane bakekwaho guhohotera abarokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.