• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho ku bahoze hafi ya Perezida Ndayishimiye w’u Burundi birukaniwe kumuhemukira
Share on FacebookShare on Twitter

Batatu bahoze ari Abajyanama mu Biro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi, barimo uwari ushinzwe Ubutabera n’Imiyoborere, baherutse kwirukanwa, biravugwa ko batawe muri yombi.

Aba bahoze mu nzego nkuru z’Igihugu mu Burundi, ni Jean Baptiste Baribonekeza, wahoze ari Umujyanama akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Ubutabera n’Imiyoborere mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Cyrille Sibomana wari Umujyanama ukuriye ishami rishinzwe gutegura amategeko ndetse n’inyandiko z’amategeko, ndetse na Arcade Harerimana, wari Umujyanama ushinzwe gukurikirana imanza za Leta n’imiyoborere.

Bari baherutse kwirukanwa mu cyumweru gishize, aho itangazo ribavana mu nshingano, ryasohotse tariki 09 Mutarama 2025, aho rivuga ko bazira ubuhemu bakoreye Umukuru w’Igihugu.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko bakoze ikosa ryo kurekura imfungwa zirenga ibihumbi bitanu (5 000) zigendeye ku mbabazi zatanzwe na Perezida wa Repubulika Evariste Ndayishimiye kandi zitari ziri ku rutonde rw’izo yababariye.

Ibi byaje bikurikira amakuru yavugwaga n’imwe mu miryango itari iya Leta mu Burundi yari imaze iminsi ivuga ko mu gufungura abahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, habayemo uburiganya.

Amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2024, avuga ko aba bayobozi uko ari babatu bamaze gutabwa muri yombi, bakaba bafungiye muri Gereza Nkuru ya Mpimba iri mu Mujyi wa Bujumbura.

Jean Baptiste Baribonekeza
Arcade Harerimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − ten =

Previous Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC byakomeje guhindura isura

Next Post

Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Umujura wibye umusaraba yatumye hasohorwa itangazo ry’agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.