Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi y’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli izwi nka Engen, yatangaje ko yafunze burundu sitasiyo zayo eshatu zirimo izo ku Giticyinyoni, ndetse irateganya gufunga izindi 19 mu gihe cya vuba. Ni nyuma y’isuzuma ryakozwe na RURA ryagaragaje Sitasiyo zitujuje ubuziranenge, zirimo izikorera aho bitagenewe.

Ifungwa ry’izi Sitasiyo ryatangajwe na Sosiyete ya Engen kuri uyu wa 13 Mutarama 2025 nk’uko tubikesha ikinyamakuru cyitwa The New Times.

Izi sitasiyo eshatu zafunzwe kuri uyu wa Mbere, zose ni izo mu Mujyi wa Kigali, ni iya Giticyinyoni 1, iya Giticyinyoni 2, ndetse n’iyo kuri Poids Lourds.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) ruherutse gukora ubugenzuzi bwagaragaje Sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri Peteroli zikora zitujuje ubuziranenge n’ibisabwa, zirimo izikorera ahantu bitagenewe, nk’izikorera mu bishanga.

Uru rwego kandi rwari ruherutse gutangaza ko izi Sitasiyo zikora muri ubu buryo zizafungwa, ndetse izi za Engen zafunze imiryango, zikaba ari zimwe muri izo, aho byose biri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda wo gukomeza kubungabunga ibidukikije.

Mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cya RURA, Sosiyete ya Engen kandi irateganya gufunga izindi Sitasiyo 19 bitarenze kuri uyu wa 15 Mutarama 2025.

Mu gihe hari impungenge ko iri fungwa ry’izi Sitasiyo rishobora gutera ikibazo cy’ibura ry’Ibikomoka kuri Peteroli, Umuyobozi mukuru wa RURA, Evariste Rugigana, yavuze ko iki kibazo kitazabaho.

Yabwiye The New Times ati “Turizeza abantu ko izi serivisi zikomeza gutangwa neza kuko hari izindi Sitasiyo z’ibikomoka kuri Peteroli mu bice bikikije ahari ziriya, zizakomeza gutanga serivisi, kandi ntabwo dutekereza ko bizazana icyuho kuko izisigaye zose zazamuriwe urwego, ndetse zikaba zishobora guha serivisi ku bazigana bose.”

Yavuze kandi ko izindi sitasiyo zizakomeza gukora, zahawe ubushobozi bwo kubasha guhangana n’ikibazo cy’ubwinshi bw’abashobora kuzigana, ndetse akizeza ko nta bibazo bizavuka mu itangwa ry’izi serivisi z’ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

Next Post

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.