Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in AMAHANGA
0
Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasubiye ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter], habura umunsi umwe ngo yuzuze icyumweru atangaje ko aruvuye.

Tariki 10 Mutarama 2025, General Muhoozi Kainerugaba yari yatangaje ko avuye ku rubuga nkoranyambaga rwa X, nyuma y’iminsi ashyiraho ubutumwa bwatezaga impaka ndende.

Kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2024, General Muhoozi yongeye kubyutsa Konti ye ya X, ariko iza ifite aba-Followers bacye batageze muri miliyoni 1 nk’abo yari ifite mbere yuko atangaza ko ayivuyeho akanayisinziriza.

Mu butumwa yashyize kuri uru rubuga saa tanu n’iminota makumyabiri n’itanu (11:25’) ku masaha yo mu Rwanda, Gen. Muhoozi yagize ati “Ndagarutse.”

Mu butumwa bwasaga nk’ubwa nyuma yari yashyize kuri uru rubuga nkoranyambaga tariki 10 Mutarama, General Muhoozi yari yavuze ko igihe kigeze kugira ngo ave kuri uru rubuga nkoranyambaga, akunze kwisanzuraho agashyiraho ubutumwa buteza impaka.

Icyo gihe yari yagize ati “Ku nshuti zanjye, byari iby’agaciro kubana namwe kuri iyi mihanda mu gihe cy’imyaka igeze ku icumi kuva muri 2014. Ariko rero, igihe kirageze ngendeye ku mabwiriza n’imigisha ituruka kuri Nyagasani Yezu/Yesu Kristu nkagenda nkajya gushyira imbaraga mu gisirikare cye UPDF.”

Iyi konti ya General Muhoozi yongeye kugaragara, bigaragara ko yagiyeho muri 2014 n’ubundi nk’iya mbere, ndetse bumwe mu butumwa yaherukaga gushyiraho, bukaba bukiriho.

Bumwe mu butumwa yari aherutse gushyiraho bwongeye kugaragara, harimo urutonde rw’abantu icyenda (9) yagaragaje ko ari bantu afatiraho icyitegererezo beza ku Isi b’abagabo, barimo Perezida Paul Kagame akunze kwita “My uncle” yashyize ku mwanya wa kabiri, aho akurikira umubyeyi we Yoweri Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Menya impamvu abakinnyi ba Filimi Nyarwanda bakomeje kwivana mu bihembo biri gutegurwa

Next Post

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Related Posts

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.