Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Menya impamvu abakinnyi ba Filimi Nyarwanda bakomeje kwivana mu bihembo biri gutegurwa

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Menya impamvu abakinnyi ba Filimi Nyarwanda bakomeje kwivana mu bihembo biri gutegurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukinnyi wa Filimi Bahavu Jeannette yikuye mu bihembo byiswe Injanji Awards, undi mukinnyi wa Filimi yikuye muri ibi bihembo, na we ku mpamvu imwe n’iy’uyu wabivuyemo mbere.

Aba bakinnyi ba filimi bari kwikura muri ibi bihembo bizwi nka ‘Injanji Awards’ nyuma y’iminsi micye hashyizwe hanze urutonde rw’abazabihatanira.

Ku ikubitiro umukinnyi wa Filimi Bahavu Jeannette wamamaye akina nka Diane muri City Maid ndetse wanakinnye filimi ye yise Impanga, yanamuzamuye cyane, yikuye muri ibi bihembo, avuga ko yabishyizwemo atabanje kubimenyeshwa.

Itangazo ry’uyu mukinnyikazi wa Filimi ryasohotse binyuze ku mujyanama we, rigira riti “Nta muntu n’umwe wigeze atwegera ngo atumenyesha ko duhataniye ibi bihembo mu buryo buzwi cyangwa ngo tumenye icyo ibi bihembo bigenderaho. Kubera izo mpamvu rero twafashe umwanzuro wo kutabihatanamo.”

Nyuma y’amasaha macye, Uwimpundu Sandrine wamamaye nka Rufonsina mu mafilimi anyuranye, na we yatangaje ko yivanye muri ibi bihembo.

Mu ibaruwa yanditswe n’uyu mukinnyi wa Filimi, ifite impamvu igira iti “Kwivana mu irushanwa” yandikiye abateguye ibi bihembo bya Inganji Awards, yagize ati “Mbandikiye mbasaba kunkura mu byiciro byose by’abahatanira ibihembo mu gikorwa mwateguye, nisanzemo ndi mu batoranyijwe.”

Akomeza agira ati “Mu by’ukuri mujya gutegura iki gikorwa ntabwo mwigeze munyegera cyangwa ngo mwegere itsinda rishinzwe kureberera inyungu zanjye ku byerekeranye n’aya marushanwa, ibi nabifashe nk’ubunyamwuga bucye cyangwa gushaka gukoresha izina ryanjye mu nyungu zanyu bwite.”

Asoza agira ati “Ku bw’iyo mpamvu nkaba mbasaba gukura izina ryanjye mu byiciro byose by’abahatanira ibihembo mu irushanwa mwateguye ‘Inganji Awards 2024’.”

Ibi bihembo bitegurwa na Rwanda Performing Arts, bigiye gutangwa ku nshuro ya kabiri, mu gihe ibihembo bitangwa muri sinema Nyarwanda byakunze kuvugwamo ibibazo, byumwihariko Bahavu Jeannette wanikuye muri ibi akaba yarigeze gutsinda igihembo cy’imodoka mu bihembo ‘Rwanda International Movie Awards’ (RIMA), yakibonye ku bwa burembe habanje kwitabazwa inzego za Leta.

Rufonsina yikuye muri ibi bihembo

Yari yabanjirijwe na Bahavu Jeannette

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 17 =

Previous Post

IFOTO: Umufana wa Rayon yambutse Intara arenga Uturere 2 ajya gufana ikipe yatsinze mucyeba w’iyabo

Next Post

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

Related Posts

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi. Mu butumwa...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

by radiotv10
12/06/2025
0

Umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca, yibwe imodoka ye, ndetse akaba yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB. Uyu...

Icyo umuhanzi Josh avuga ko birori yakorewe byo gusezera ubusore byavugishije benshi

Icyo umuhanzi Josh avuga ko birori yakorewe byo gusezera ubusore byavugishije benshi

by radiotv10
11/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Josh Ishimwe yavuze ko nta gikuba cyacitse kuba yakorewe ibirori byo gusezera ubusore...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

by radiotv10
10/06/2025
0

Annette Murava, Umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yavuze ko ntakibazo afitanye n’uyu bashakanye, kandi ko igihe kizagera...

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

by radiotv10
09/06/2025
0

Abahanzi Ariel Wayz na Juno Kizigenza bari mu bagezweho muri iki gihe mu Rwanda, banigeze kuvugwaho gukundana, bagiye guhurira mu...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.