Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatanze umucyo kuri rutahizamu mushya wa Police FC, Byiringiro Lague uherutse gusinyira iyi kipe nyamara yari amaze kumwakira ku Kibuga cy’Indege, avuga ko nta gapapu yabayeho nk’uko byavuzwe, kuko Rayon itigeze igira igitekerezo cyo kumusinyisha.

Thadée Twagirayezu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, nyuma y’ibyumweru bibiri rutahizamu Byiringiro Lague asinyiye Police FC.

Uyu rutahizamu watandukanye n’ikipe yo muri Sweden, ubwo yasesekaraga mu Rwanda tariki 06 Mutarama 2025, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu; byanatumye benshi bemeza ko ahita anasinyira iyi kipe, ariko nyuma y’amasaha macye, bikumvikana ko yasinyiye ikipe ya Police FC.

Thadée Twagirayezu avuga ko kuba yari yagiye kwakira uyu rutahizamu ntaho bihuriye no kuba yarifuzwaga n’ikipe ayobora, kuko yabikoze nka serivisi yahaga inshuti kubera umubano Lague yari asanzwe afitanye n’umuvandimwe we uba mu Gihugu cya Sweden uyu rutahizamu yakinagamo.

Ati “Muri Sweden hari umuvandimwe wanjye murumuna wanjye witwa Emmanuel wamwakiriye muri Sweden aho aba, ndetse bashobora kuba barabanye nk’iminsi ibiri, aho yakinaga, uwo murumuna wanjye babanaga ni nk’aho bahoranaga.

Lague yagiye kuza, twavuganye na murumuna wanjye arambwira ati ‘Lague agiye kuza mu Rwanda, nta kipe afite muri iyi minsi’, ndavuga nti ‘ok’, tuvugana na Lague akiri muri Sweden arambwira ati ‘nzaza ejo, ese ubundi wazaje kumfata Perezida?’ namufashe nk’umuntu w’inshuti, ntabwo namufashe nk’umuntu ugiye kuzana umukinnyi.”

Thadée Twagirayezu avuga ko yari yanibagiwe iyi gahunda, ndetse ko Lague yamuhamagaye ubwo indege yari imuzanye yari imaze kururuka, agahita ajya kumufata avuye mu nama.

Uyu Perezida wa Rayon kandi yagiye gufata Lague ku kibuga cy’Indege ari kumwe na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe ya Rayon, na byo byahise biha imbaraga ibyatekerezwaga ko uyu rutahizamu agomba gusinyira iyi kipe.

Thadée avuga ko impamvu yari kumwe na Claude, ari uko bari kumwe muri iyo nama y’ibya Rayon Sports. Ati “Twageze ku Kibuga cy’Indege ataramenya n’uwo tugiye gufata.”

Yavuze ko uyu Claude yanamusabye ko bahita bamusinyisha, ariko akamubwira ko “amaze iminsi hafi amezi angahe adakina, ntabwo nzi uko ahagaze.”

Bamaze kumwakira, yabaye nk’umuganiriza, amubwira ngo azajye gukora igerageza muri iyi kipe ya Rayon Sports, ariko ko batabitinzeho kuko, bitari biri muri gahunda. Ati “Lague ntabwo twigeze tuvuga ngo ngiye kumusinyisha, oya.”

Avuga ko na we yatunguwe n’iyo gapapu yahise itangira kuvugwa ko uyu mukinnyi bamutwawe na Police FC, kandi iyi kipe ya Rayon itarigeze imwifuza. Ati “Iyo nza kuba nshaka gusinyisha Lague, ntabwo Lague biba byaragenze kuriya.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eleven =

Previous Post

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

Next Post

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.