Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba; yihanije umunyapoliti Julius Malema utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, wakoresheje imvugo zishinja ibinyoma Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Uganda.

Uyu munyapolitiki Julius Malema aherutse kunenga icyemezo cya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa cyo kwemera kohereza ingabo z’iki Gihugu muri DRC mu butumwa bwa SADC, none zikaba zikomeje kuhashirira.

Mu butumwa aherutse gutanga, Malema ukunze kunenga ibitagenda mu Gihugu cye, yasabye ko abasirikare ba Afurika y’Epfo bari muri Congo bataha byihuse, kuko boherejwe mu butumwa butanyuze mu mucyo.

Gusa mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, Julius Malema yazamuye ibirego by’ibinyoma byanakunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, bari inyuma y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi agendeye kuri ibi byatangajwe na Julis Malema, yasabye uyu munyapolitiki gusigaho kuko yarengereye.

General Muhoozi yagize ati “Muvandimwe wanjye Julius Malema ugomba guhagarika kwibasira ababyeyi bacu na ba ‘Uncles’ bacu. Biriya bishobora kumugiraho ingaruka kandi ntabwo bikenewe na busa.”

Muhoozi yakomeje avuga ko aho kugira ngo Julius Malema akomeze kwibasira aba Bakuru b’Ibihugu, yagakwiye kwegera abo bireba bakabiganiraho.

General Muhoozi akomeza anagaragaza ikosa ryakozwe na Afurika y’Epfo, ati “Kohereza ingabo kwa Afurika y’Epfo muri DRC ni ikosa mu nguni nyinshi. Ariko abavandimwe bacu bo muri Afurika y’Epfo ntibazigera batwibasira mbere yuko babanza kwita ku byabo.”

Muhoozi atangaje ibi nyuma yuko Perezida Paul Kagame anakosoye Perezida Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wakoresheje imvugo igoramye, aho yise Ingabo z’u Rwanda, umutwe w’inyeshyamba, umukuru w’u Rwanda, akamwibutsa ko yatandukiriye, kuko RDF ari Ingabo z’Igihugu kandi zikora kinyamwuga.

Gen. Muhoozi yahaye gasopo Julius Malema
Julius Malema amaze iminsi yurira ku byo muri Congo agatangaza ubutumwa buzamura impaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Minisitiri yageneye ubutumwa urubyiruko ku cyemezo cy’umuhanzikazi cyazamuye uburakari hagati yarwo n’abahanzi b’abanyamahanga

Next Post

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

Uko byifashe nyuma yuko M23 yemeye agahenge ko kuba ihagaritse imirwano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.