Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yageneye ubutumwa abaturage bayigaragarije urugwiro rudasanzwe ubwo yabatumizagaho
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yemeje ko idashobora kurekura Umujyi wa Goma,
  • Yagaragaje ko Kivu ya Ruguru igiye kuba nk’Igihugu.

Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yashimiye abaturage b’i Goma bagaragarije uyu mutwe urugwiro ubwo bakoranaga inama ya mbere yahuje uyu mutwe n’aba baturage nyuma yuko ubohoje uyu Mujyi wa Goma.

Bertrand Bisimwa yatangaje ibi nyuma y’amasaha macye hakozwe inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’abaturage bo mu mujyi wa Goma yabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Gashyantare 2025 muri Stade de l’Unité.

Ubwo abaturage bitabiraga iyi nama, bagaragaje ibyishimo bidasanzwe byo kuba bafite umutekano, ndetse babyerekanira muri morale bashyizeho, baririmba zimwe mu ndirimbo zigaragaza umunezero.

Mu butumwa Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Gashyantare 2025, yagize ati “Turashimira abaturage bacu ku bwo kugaragariza icyizere gisendereye umuryango wacu ndetse n’icyo turwanira nk’umutekano, amahoro n’ubutabera kuri bose.”

Yakomeje agira ati “Mu kubahiriza ubutumire bwacu ku bwinshi, abaturage b’i Goma, baboneyeho umwanya wo kunenga ubutegetsi bwa Kinshasa ku bw’ibikorwa byabwo bihitana abasivile byaburijwemo ubwo habohorwaga uyu Mujyi.”

Bertrand Bisimwa kandi yagaragaje ibyo bifuza ko bihagarikwa n’ubutegetsi bwa DRC, birimo imbwirwaruhame zibiba inzangano n’amacakubiri, ibikorwa bya Jenoside, ndetse n’ibikorwa bya kinyamaswa byo kurya abantu bikorerwa Abanyekongo bamwe.

Yanasabye ko ubutegetsi bwa Congo buhagarika gukoresha no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, irimo uwa Wazalendo. Ati “Muhagarike imitwe yitwaje Intwaro byumwihariko Wazalendo ikora ibikorwa bya kinyamaswa.”

Yavuze ko nyuma yuko M23 ifashe umujyi wa Goma, ubuzima bwongeye kugaruka mu baturage, kandi ko ubu bashyize imbere ibikorwa byo guteza imbere uyu mujyi. Ati “Twagarutse iwacu, kandi ntiduteze kuzarekura Umujyi wa wacu.”

Yavuze kandi ko ubu bari mu bikorwa byo gucyura impunzi zari zarahunze ibikorwa bibi byakorerwaga Abanyekongo bamwe, ndetse ko bafatanyije baziyubakira Intara yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 18 =

Previous Post

Umukinnyi rurangiranwa wakiniye amakipe akomeye ku Isi yasezeye ruhago burundu

Next Post

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Related Posts

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

The Alliance of Forces for Change (AFC/M23), a coalition fighting against the government of the Democratic Republic of Congo (DRC),...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Musenyeri w’Itorero rimwe mu Rwanda yatawe muri yombi hatangazwa n’impamvu

Hasobanuwe uko Musenyeri wo mu Itorero rimwe mu Rwanda yakoze ibyaha akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.