• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Utarageza imyaka y’ubukure akurikiranyweho ibirimo kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside

radiotv10by radiotv10
20/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Utarageza imyaka y’ubukure akurikiranyweho ibirimo kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore ufite imyaka 15 wo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi akurikiranyweho kubwira mugenzi we amagambo aganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside, yarangiza akamutera umusumari hafi y’ijisho biturutse ku mpaka z’irindazi.

Ibi byabereye mu isantere y’ahitwa ku Rya Kane ubwo uwitwa Peter yari amaze kurya irindazi akanga kwishyura, bigatuma abari aho bamubaza impamvu adashaka kwishyura akaba ari bwo intonganya zitangira.

Igilimbabazi Emmanuel watewe umusumari avuga ko yababajije uyu Peter niba nta soni afite zo gushaka kwambura umwana ucuruza amandazi amafaranga, undi akamusubiza nabi amubwira amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “None ho mubwiye nti ‘umuntu ungana nkawe ni uwo kurya irindazi ntiwishyure kandi ubona uyu mwana ari kwishakishiriza’, ahita ambwira ngo ‘ayo mazuru ameze nk’ay’Abatutsi yayateramo umusumari.”

Abari hafi aho banagize uruhare mu gutabara uwakomerekejwe no kugeza uyu Peter kuri RIB, babwiye RADIOTV10 ko bumvise aya magambo uyu musore yavuze mbere yo gutera mugenzi we icyuma.

Yohani Muhashyi ushinzwe umutekano mu isoko ibi byabereyemo, agira ati “Yamubwiraga kwishyura irindazi ry’abandi undi numva ashyizemo ibintu by’ingengabitekerezo ngo iryo zuru rimeze nk’iry’Umututsi narica. Ubwo aba amuteye umusumari. Ahubwo iyo aza kuwutera mu jisho ryari kuvamo.”

Irihose Elie na we yagize ati “Bamubwiye ko ari igisambo kubera kwanga kwishyura irindazi, ahita avuga ngo iryo jisho rimeze nk’iry’abacikacumu narikuramo, ubundi ahita avana umusumari mu mufuka arawumutera abonye ko twabibonye ahujungunya inyuma.”

Peter uvugwaho uru rugomo, yemera ko yabikoze icyakora agahakana iby’amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Agira ati “Numva umujinya uranyishe ni ko kumukomeretsa kuriya. Ibyo bindi ntabyo navuze ndarengana.”

Abaturage bo muri aka Kagari ka Gakoni, bavuga ko uyu musore asanzwe yarananiranye ndetse ko azwiho ibikorwa by’ubujura no gukangisha abantu kubakomeretsa nk’uko umugore utashatse kwivuga amazina abivuga.

Ati “Yarananiranye arazwi nanjye ubwanjye ubushize ntwite aheruka kumfatiraho icyuma ngo yankuramo inda kubera ko nari mvuze ko ari kwiba inanasi. Hari mu isoko kurya kane ari gucomora inanasi ngize ngo mvuge ati nakubaga.”

Abaturage bamufashe bakamwigereza kuri RIB basaba ko kuri iyi nshuro yakurikiranwa kuko ngo ari kenshi afatwa nk’uku bikarangira ahise arekurwa bavuga ngo ni umunyeshuri.

Yohani agira ati “Asanzwe ari igisambo ndetse ni n’igihazi. Hari igihe yafatwaga akazanwa hano ariko Padiri akaza ati ‘mumpe umwana wanjye kuko ari ho yiga’ bigatuma ahora yishingikiriza kuri Padiri. Icyo twasaba ni uko yahanwa n’itegeko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muganza, Ndamyimana Daniel yabwiye RADIOTV10 ko ukekwa yaba afite imyaka 15 koko icyakora avuga ko ubuyobozi buri gukorana n’izindi nzego kugira ngo akurikiranwe ndetse abe yajyanwa aho abana bagororerwa.

Ati “Ntabwo ndareba mu irangamimerere neza, ariko amakuru ava mu Kagari aravuga ko afite imyaka 15. Ni byo asanzwe akora ibikorwa bihungabanya umutekano ntabwo turi bukomeze kumubembereza ngo ni uko ari umwana”.

Uyu mwana afungiye kuri Sitasiyo ya Muganza mu gihe hagikorwa iperereza ngo hamenyekane niba koko afite imyaka itamwemerera gukurikiranwa n’urukiko na cyane ko hari abavuga ko yaba arengeje iyo myaka.

Uwatewe umusamari avuga ko uwabimukoreye yabanje kumubwira amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside
Umusumari bamuteye ni muremure

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Umusaza ukurikiranyweho gusambanya umwuzukuru we arusha imyaka 65 yavuze icyabimuteye

Next Post

Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Umushumba yishwe n’inkoni yakubiswe na sebuja amushinja kutagaburira amatungo ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.