Friday, July 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt. Gen. Mohan Subramanian yashimiye Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa, ku bwo kugaragaza imyitwarire iboneye n’umuhate zigaragaza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe ubwo abasirikare b’u Rwanda bagize RWANBATT-2 bari mu butumwa bwa UNMISS bari mu gace ka Malakal, bambikwaga imidali y’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Muri iki gikorwa cyabeyere ku Cyicaro Gikuru cya RWANBATT-2 giherereye mu Leta ya Upper Nile, Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS, Lt. Gen. Mohan Subramanian yashimiye byimazeyo Guverinoma y’u Rwanda ku musanzu igira mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Yanashimiye Ingabo z’u Rwanda ku bw’ikinyabupfura kiziranga ndetse no gukorana imbaraga zigaragaza, anashimangira uruhare rukomeye zigira mu kubungabunga amahoro.

Yanashimiye byumwihariko Ingabo z’iyi Batayo mu gikorwa cy’ubutwari cyo kurokora abahozi b’Umuryango w’Abibumbye bari bagiye kwivuganwa n’abarwanyi b’umutwe wa White Army mu gace ka Nassir County.

Brig. Gen Louis Kanobayire, usanzwe ari Umuyobozi Wungirije wa UNMISS ushinzwe ibikorwa, yashimangiye ko RWANBATT-2 yabashije gushyira mu bikorwa inshingano zayo mu bikorwa by’umutekano n’ituze.

Muri ibyo bikorwa byakozwe n’Ingabo z’u Rwanda za RWANBATT-2, harimo gucunga umutekano, zifatanyije n’inzego z’umutekano z’Igihugu za Sudani y’Epfo, gukurikirana amahame y’Uburenganzira bwa muntu, ndetse no gukusanya amakuru hagamijwe kurinda abaturage.

Ingabo z’u Rwanda zambitswe umudali w’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi

Next Post

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Related Posts

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

Skol and Rayon Sports FC return with Rayon Week: A two-week nationwide celebration ahead of the new season

Skol and Rayon Sports FC return with Rayon Week: A two-week nationwide celebration ahead of the new season

by radiotv10
25/07/2025
0

Building on the success of previous years, this longstanding partnership brings football fever and live entertainment to fans across Rwanda....

Eng.: President Kagame appoints members of the new cabinet with minor changes

Eng.: President Kagame appoints members of the new cabinet with minor changes

by radiotv10
25/07/2025
0

The President of the Republic of Rwanda, Paul Kagame, has appointed the members of the new cabinet following the appointment...

IZIHERUKA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva
MU RWANDA

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

25/07/2025
Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.