Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Alain Mukuralinda wari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda witabye Imana azize guhagarara k’umutima.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Mata 2025, rigira riti “Tubabajwe no gutangaza urupfu rw’Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije, Bwana Alain Mukuralinda witabye Imana aho yari arwariye mu Bitaro KFH azize guhagarara k’umutima.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije Umuryango we, Inshuti ze ndetse n’abagize amahirwe yo gukorana na we.”

Urupfu rwa Mukuralinda wari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, rwatangiye kuvugwa mu ijoro ryacyeye, gusa amakuru yavaga mu bo mu muryango we, akemeza ko yari atarashiramo umwuka, gusa ko yari arembeye muri ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali yaguyemo.

Amakuru yavaga mu bo mu muryango mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Mata 2025, yavugaga ko ari bwo yatabarutse, azize uburwayi yivurizaga muri ibi Bitaro byo mu Mujyi wa Kigali.

Nyakwigendera Alain Mukuralinda yari amaze imyaka itatu n’amezi ane ari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, aho yari yahawe izi nshingano mu kwezi k’Ukuboza 2021.

Uyu munyapolitiki wari inzobere mu by’amategeko, yakoze mu nzego zinyuranye zirimo iz’Ubutabera, aho yabaye Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, akaba yaranabaye Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda.

Mu ntangiro z’Ugushyingo 2015 tariki 02, yari yanditse asaba guhagarika akazi ko kuba Umushinjacyaha mu gihe kitazwi, ndetse aza kubyemererwa, aho iki cyemezo yari yafashe cyatangiye kubahirizwa tariki 01 Mutarama 2016.

Icyo gihe byavugwaga ko Mukuralinda wari uzwi cyane mu Bushinjacyaha, aho yanaburanye imanza zikomeye, yari agiye kujya gutura mu Buholandi asanzeyo umugore we n’abana be.

Mu manza zikomeye yaburanye nk’umwe mu babaga bagize Inteko y’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, harimo urwaregwamo Dr Leon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, agakatirwa gufungwa burundu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 5 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byavuzwe ko abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi baheruka gufata

Next Post

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.