Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in MU RWANDA
0
Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubukwe bw’umukobwa n’umugabo batari baziranye bihagije bwabereye mu Karere ka Kamonyi, bwakurikiwe no kuba umusore yari ahise ata urugo akajyana na bimwe mu bikoresho, bukomeje kuzamura impaka. Haravugwa uko aba bombi basezeranye bitunguranye n’intandaro yabyo.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa w’imyaka 28 y’amavuko yari yaramaze kwemeranya n’umugabo ko bazarushinga, ndetse bakaba baragombaga kujya kubihamiriza imbere y’amategeko mu Murenge tariki 27 Werurwe 2025, ubundi nyuma y’umunsi umwe, tariki 29 bakajya gusezerana mu Itorero.

Gusa habayemo kirogoya yatumye umugabo adakomeza umushinga yari yaremeranyijweho n’uyu mukobwa, ariko we ntiyashirwa, dore ko yari yaratumiye inshuti n’avandimwe barimo n’abari bafashe rutemikirere bakava imahanga bakaza mu Rwanda baje muri ibi birori.

Ibi byatumye umukobwa ashakira hasi kubura hejuru umusore bakorana ubukwe, ashyiraho n’abantu bo kumushakira, ndetse koko aza kubone, yewe ku itariki 29 yagombaga kuberaho ubukwe bwo mu Itorero, n’ubundi buraba ariko uyu mukobwa asezerana n’uwo mugabo mushya yari yashakiwe wari waturutse mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Isezerano ryitwa iryo mu Itorero, ryayobowe n’Umupasiteri na we wari wakodeshejwe aho ryari ryabereye i Rugobagoba mu Karere ka Kamonyi, ubundi imihango ihumuje, inshuti n’abavandimwe bari bayitabiriye barataha nk’uko bisanzwe, umugeni n’umukwe, bajya kuryama, ariko bigeze ku gikorwa cyo mu buriri, zibyara amahari.

Bivugwa ko umuhungu yashakaga ko bahuza urugwiro bakoresheje agakingirizo, ariko umukobwa we ntabikozwe, akavuga ko yifuza ko imibiri yabo yumvana inyumvankumve hatajemo iby’agashashi, ariko umuhungu na we amubera ibamba.

Nyuma y’iminsi ibiri basezeranye, umugore wari ugize aho anyarukira, yagarutse mu rugo rushya asanga umugabo yandurukanye n’imyenda y’abasore bari bamwambariye, bituma umukobwa ahita ashyira nzira yerecyeza iwabo w’uyu mugabo mu Mudugudu wa Kamazuru mu Kagari ka Gahogo mu Murenge Nyamabuye muri Muhanda, gushakisha uyu mugabo.

Gusa urugendo rwe ntirwamuhiriye kuko ubwo yageragayo byazamuye akaduruvayo, inzego zibyinjiramo, birangira uyu mukobwa atawe muri yombi.

Jean Claude Nshimiyimana uyobora Umurenge wa Nyamabuye, avuga ko nyuma y’aka kavuyo kavutse, inzego zahise zifata icyemezo.

Ati “Twahise dufata nyirabukwe n’uyu mugeni tubashyikiriza RIB ya Nyamabuye, tunifuza ko idufasha ikatumenyera n’aho umuhungu aherereye, nyuma RIB ifata icyemezo cyo kugumana umugeni.”

Uyu Muyobozi ugira inama abantu kujya bubaha isezerano bagiranye n’abandi kandi bakirinda kwijandika mu bikorwa nk’ibi bisa n’ikinamico, akomeza agira ati “Umuhungu naboneka ni bwo tuzamenya neza ngo bapfuye iki.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Next Post

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.