Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yatangaje ko u Bufaransa bwifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe binjiyemo cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yabitangaje mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025, abunyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa, Perezida Macron yatangiye avuga ko “none tariki 07 Mata 2025, hatangiye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorwe Abatutsi mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “U Bufaransa burizeza ko bwiyemeje Kwibuka, ukuri n’ubutabera, kandi bwifatanyije byimazeyo kuri uyu munsi mpuzamahanga wo Kwibuka.”

Arongera ati “U Bufaransa bwifatanyije n’Abanyarwanda mu bitekerezo kandi bubafashe mu mugongo cyane.”

Perezida w’u Bufaransa kandi yaboneyeho gushima intambwe yatewe n’Abanyarwanda bakarangwa n’ubudaheranwa, bagafata icyemezo cyo kongera kwiyubakira Igihugu cyabo, babikesha ubumwe n’ubwiyunge bimakaje nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Emmanuel Macron yavuze ko ku giti cye yiyemeje gukomeza kuzirikana ibihe by’amajye byabaye mu Rwanda bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yakozwe nyuma yuko habayeho kubiba amacakubiri mu Rwanda n’urwango.

Ati “Ubuhamya bubabaje bw’abarokotse, butwibutsa ko tugomba kurwanya inzangano n’amacakubiri uko byaba bimeze kose.”

Yibukije kandi ko kuva muri 2019 ari bwo u Bufaransa bwemeje ko tariki 07 Mata, ari Umunsi wo Kwibuka muri iki Gihugu, mu rwego rwo gufasha abato n’abo mu bihe bizaza kwigira ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda.

Yavuze kandi ko u Bufaransa bukomeje gushyira imbaraga mu gutuma abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu Bufaransa bagezwa imbere y’ubutabera, avuga ko kuva yakwiyemeza iyi ntego, hari imanza zikomeye zabaye, kandi hatangwa ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 4 =

Previous Post

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Next Post

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.