Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; baganira ku birimo ibibazo by’umutekano biri mu karere byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC.

Massad Boulos yakiriwe na Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Mata 2025, nyuma y’iminsi itanu anakiriwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Uyu Mujyanama Mukuru wa Trump ku bujyanye na Afurika kandi yanahuye na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’uwa Kenya, William Ruto.

Ubutumwa bwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, ubwo Massad Boulos yari amaze guhura na Perezida Kagame, buvuga ko “bagiranye ikiganiro cy’ingirakamaro ku mikoranire igamije kugera ku mahoro arambye mu karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse na gahunda zigamije kuzamura ishoramari rya Leta Zunze Ubumwe za America mu nzego z’ingenzi mu Rwanda no mu karere kose.”

Massad Boulos uri mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’Umujyanama wa Trump kuri Afurika, nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, yavuze ko ubuyobozi bwa Trump bwakomeje gushyigikira amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Yagize ati “Njye na Perezida Kagame twaganiriye ku cyerekezo cy’imikoranire ya hafi, gishingiye ku ituze n’amahoro dore ko ari byo musingi w’iterambere ry’ubukungu.”

Agaruka kuri izi ngendo amaze kugira zirimo uru yakiriwemo na Perezida Kagame, ndetse akaba yarahuye na Perezida Tshisekedi wa DRC, Museveni wa Uganda na Ruto wa Kenya, Boulos yavuze ko yabonye ko ari ngombwa ko aka karere kagira amahoro.

Ayi “Nkurikije izi ngendo, biragaragara ko amahoro arambye ari ngombwa muri aka karere. Dushyigikiye umutekano ndetse no kubaha ubusuzigire bw’Ibihugu byose byo muri aka karere.”

Yagarutse kandi ku bikorwa by’ishoramari bya za Kompanyi z’Abanyamerika zikorera mu Rwanda no mu karere ruherereyemo, n’uburyo zikeneye gukorera mu mahoro asesuye muri aka karere.

Ati “Hari Ibigo by’Ubucuruzi byinshi by’Abanyamerika byamaze gushora imari mu Rwanda, hashingiwe ku cyerekezo cyo kuba ku isonga mu bukungu. Twiteguye gukorana n’u Rwanda kugera kuri iyi ntego, ari na yo mpamvu ari ingenzi ko haboneka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, mu rwego rwo gukuraho icyabangamira amahirwe ahari.”

Yaboneyeho kandi gushima u Rwanda ku musanzu rugira mu mahoro ku Mugabane wa Afurika, anashimangira no Leta Zunze Ubumwe za America zishyigikiye ko amakimbirane yose abonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Massad Boulos yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye
Bagiranye ibiganiro
We n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro na Perezida Kagame na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Massad Boulos yashimye u Rwanda ku musanzu rugira mu bikorwa by’amahoro muri Afurika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 12 =

Previous Post

Ibivugwa mbere y’ibiganiro bya mbere bya M23 n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.