Friday, September 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abagabo baravugwaho kwadukana ingeso idakwiye ababyeyi idasanzwe mu muco nyarwanda

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abagabo baravugwaho kwadukana ingeso idakwiye ababyeyi idasanzwe mu muco nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bashinja abagabo gushuka abana b’abakobwa batarageza imyaka y’ubukure bakabashora mu ngeso mbi zirimo ubusinzi n’izindi zidakwiye.

Bamwe mu babyeyi bo mu Mudugudu wa Kabarondo mu Kagari ka Cyabajwa mu Murenge wa Kabarondo barashyira mu majwi abagabo gushuka abana babo b’abakobwa bari munsi y’imyaka y’ubukure bakabajyana mu mico mibi, kugeza ubwo bamwe muri abo bana b’abakobwa bagenda bakamara igihe bataragaruka mu ngo.

Ibi binengwa n’ababyeyi b’abamama, bavuga ko abagabo babikorwa bitwaje ubukene buba buri mu miryango y’aba bana b’abakobwa baba batarageza igihe cyo kwifatira ibyemezo.

Consolete Nyiramisago yagize ati “Barabashuka cyane, ugasanga umwana w’imyaka cumi n’ibiri, cumi n’itatu cyangwa cumi n’ine ari kumwe n’umugabo w’imyaka mirongo itatu cyangwa mirongo ine.”

Undi utifuje ko amazina ye ajya hanze, yagize ati “Ukajya kubona ukabona umuhungu araje ngo vayo hano nkubwire, ngo vayo hano uvugane na Telefoni. Nk’ubungubu ndamufite w’imyaka 14 ariko yiberaga hanze rowse namubonye ejo, yari yarigendeye. Hari umubyeyi w’umukene pe uba udafite icyo umwana arya noneho umwana akakunanira bitewe n’amikoro ahagije umubyeyi adafite, ubwo rero iyo utabifite ajya kubishakira aho yabibona.”

Bamwe mu bagabo badahakana ko bajya bajya mu ngeso mbi, bavuga ko iyo bafite amafaranga batabura uko bigenza, ariko ko batabikorera abana, ahubwo bareba abakuze.

Umwe ati “Amafaranga ufite ayo ari yo yose umugore ushatse uramubona kugira ngo urebe ko bwacya nyine. Ntabwo baba ari abana baba ari abantu bakuze murumvikana. Nta gufata abana ku ngufu.”

Umukozi ushinzwe Imari n’Abakozi mu Murenge wa Kabarondo, Munyentwari Josebert avuga ko abana b’abakobwa badakwiye guhohoterwa muri ubu buryo, bityo ko inzego zigiye kubyinjiramo kugira ngo zibishakire umuti.

Ati “Nk’inzego tugomba gufatikanya yaba ari namwe tukareba ko abana batahutazwa. Rero ayo makuru muduhaye turayakiriye kandi reka turebe ko ari byo.

Uyu muyobozi avuga ko nibigaragara ko hari abagabo bakora ibi bikorwa, bazafatwa bagashyikirizwa inzego zibishinzwe kugira ngo babiryozwe, kuko biramutse bikorwa, byaba bigize ibyaha.

Ababyeyi b’abamama banenga abagabo bakora ibi bidakwiye

Abagabo bemera ko hari bagenzi babo batari shyashya ariko ngo bajya mu bagore bakuze

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + eighteen =

Previous Post

Eng: Rwanda shares updates about efforts to restore its relationship with Burundi

Next Post

Seven tips for a happy marriage

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.