Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in MU RWANDA
0
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye mu bisindisha kuko banywa inzoga zitagira ingabo ubundi zikabashora mu bikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage.

Iki kibazo kivugwa cyane mu Isantere bise iya Kigali no mu kandi gace kiswe Ruhengeri, hose haherereye mu Mudugudu wa Kiroli mu Kagari ka Murara mu Murenge wa Rubavu.

Abatuye muri iyi santere, bavuga ko aba bana b’abakobwa bananiye ababyeyi babo ubundi bakishora mu businzi, aho banywa inzoga y’urwagwa, ubundi bamara gusinda bagakora ibidakorwa.

Imaniranzi Coco yagize ati “Bigize indaya. A bakobwa bafite imyaka mike kuva kuri cumi n’ibiri (12) bakabaye bari mu mashuri ariko bakarara bagenda, bakanywa inzoga bagasinda bagateza umutekano mucye mu buryo bukomeye.”

Ngizwenimana Jean Claude usanzwe ari Inshuti y’Umuryango yo mu Mudugudu wa Kiroji, avuga ko nk’abakorera uru rwego rusanzwe ruhwitura abantu, ntako batagize ngo bagire inama aba bana, ariko ko byananiranye.

Yagize ati “Ni Leta yakigiramo imbaraga, twe twaravuze twarananiwe kuko twabitangiye raporo ku Kagari no ku Murenge barabizi no ku Karere.”

Umukecuru ufite umwuzukuru we arera wishoye muri izi ngeso, atunga agatoki abagore bakuze, kuba ari bo bashora aba bana b’abakobwa kubashora muri ibi bidakwiye.

Ati “Bashukwa n’abagore bakuru bakaboshya ngo bari kubakorera kumbe bari kubacuruza. Njyewe narumiwe bafata abana b’abakobwa ngo muze tubereke nyashi, uwanjye bamaze kumugira ikirara, yarigaga ava mu ishuri, ubu rero nta karimo yakora ni ukuza saa sita z’ijoro ngo kingura n’amadirishya akayamena.”

Bamwe mu bagore bashyirwa mu majwi ko bafatanya n’aba bana izi ngeso z’uburaya, bo barabihakana bakagaragaza ko ahubwo na bo batazi aho abo bana bangirikiye.

Umwe yagize ati “Natwe tukagendera muri iyo kipe ngo turi indaya kandi tutari zo kubera ko duhuriye mu kabari n’abo bana ba ‘Sunika Simbabara’ kandi ari nk’uku nacuruje nkunguka nk’igihumbi nkaba ndi gusoma agacupa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Emmanuel Blaise buhakana iki kibazo, akavuga ko hari abakobwa bakuru bigeze kuza muri ako gace gucuruza mu tubari ariko ko nabo ubuyobozi bwabirukanye.

Ati “Cyokora hari abakobwa bigeze kuza baje gucuruza mu tubari hashize igihe kinini kandi bari indaya z’abakobwa bakuru, ariko tubona utwo tubari ni imyanda turabirukana.”

Gusa yemereye umunyamakuru ko Ubuyobozi bugiye kongera gukora ubugenzuzi kuri iki kibazo kugira ngo burebe niba hari abashobora gutana bakajya muri izo ngeso, bityo bafashwe gusubira ku murongo muzima.

Ngo baba banyoye urwagwa rukabasindisha
Bamwe muri bo baravugwaho ingeso mbi
Bakanateza umutekano mucye mu rusisiro

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Next Post

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo kugarukwaho mu rubanza rwa Fatakumavuta yahise amugenera ubutumwa

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru 'Fatakumavuta'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.