Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA
0
Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ishoramari rya Miliyari 26,5 Frw mu mushinga wo kuba Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB bijyanye n’igihe.

Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bizubakwa hafi y’ahari ibisanzwe mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (Rwanda Housing Authority) cyahawe inshingano zo gukurikirana iyubakwa ry’ibi biro by’Icyicaro Gikuru cya RIB.

Ibi biro bishya bya RIB, byitezweho gukemura zimwe mu mbogamizi uru Rwego rwahuraga na zo, zirimo umwanya udahagije, ibikorwa remezo bitajyanye n’igihe, ndetse n’uburyo bwo kwifashisha mu iperereza rijyanye n’igihe.

Minisiteri y’Ubutabera ifite mu nshingano Urwego rw’Ubugenzacyaha, ivuga ibikorwa hafi ya byose by’imyiteguro yo kubaka ibi biro bishya bya RIB byarangiye, aho ba nyiri imitungo y’aho bigomba kubakwa bamaze kwishyurwa ingurane, ndetse n’igishushanyo mbonera cyabyo kikaba kigeze kuri 90% gikorwa.

Minisitiri w’Ubutabera, Emmanuel Ugirashebuja yagize ati “RIB igira uruhare rukomeye mu iperereza, kuzagira ibiro bishya bigezweho bizayifasha gutanga serivisi neza, kinyamwuga kandi mu bunyangamugayo.”

Minisiteri y’Ubutabera kandi ivuga ko yifuza guha uru rwego ibikoresho bigezweho birufasha mu kazi karwo, birimo ibyo mu ngendo, nk’imodoka ndetse na moto, kimwe n’indege zitagira abapilote zizifashishwa mu iperereza.

Ugirashebuja yavuze ko hakenewe Miliyoni 352 Frw yazifashishwa mu kugura no kugeza ibyo bikoresho ku bakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Minisiteri y’Ubutabera kandi iherutse gutangaza ko Inzego ziyishamikiyeho, ziteganya kuzakoresha ingengo y’imari ya Miliyari 46,4 Frw mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025-2026 aho uru Rwego rwa RIB ubwarwo ruzakoresha hafi 1/2 cy’aya mafaranga yose.

Biteganyijwe ko RIB izakoresha miliyari 22 Frw, mu gihe Ubushinjacyaha Bukuru buzakoresha miliyari 8,6 Frw, Minisiteri y’Ubutabera yo ikazakoresha Miliyari 8,8 Frw, naho Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bya Gihanga (RFI/ Rwanda Forensic Institute) kikazakoresha Miliyari 5,2 Frw, mu gihe Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko izakoresha miliyari 1,4 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 17 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Next Post

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.