• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA
0
Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ishoramari rya Miliyari 26,5 Frw mu mushinga wo kuba Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB bijyanye n’igihe.

Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bizubakwa hafi y’ahari ibisanzwe mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (Rwanda Housing Authority) cyahawe inshingano zo gukurikirana iyubakwa ry’ibi biro by’Icyicaro Gikuru cya RIB.

Ibi biro bishya bya RIB, byitezweho gukemura zimwe mu mbogamizi uru Rwego rwahuraga na zo, zirimo umwanya udahagije, ibikorwa remezo bitajyanye n’igihe, ndetse n’uburyo bwo kwifashisha mu iperereza rijyanye n’igihe.

Minisiteri y’Ubutabera ifite mu nshingano Urwego rw’Ubugenzacyaha, ivuga ibikorwa hafi ya byose by’imyiteguro yo kubaka ibi biro bishya bya RIB byarangiye, aho ba nyiri imitungo y’aho bigomba kubakwa bamaze kwishyurwa ingurane, ndetse n’igishushanyo mbonera cyabyo kikaba kigeze kuri 90% gikorwa.

Minisitiri w’Ubutabera, Emmanuel Ugirashebuja yagize ati “RIB igira uruhare rukomeye mu iperereza, kuzagira ibiro bishya bigezweho bizayifasha gutanga serivisi neza, kinyamwuga kandi mu bunyangamugayo.”

Minisiteri y’Ubutabera kandi ivuga ko yifuza guha uru rwego ibikoresho bigezweho birufasha mu kazi karwo, birimo ibyo mu ngendo, nk’imodoka ndetse na moto, kimwe n’indege zitagira abapilote zizifashishwa mu iperereza.

Ugirashebuja yavuze ko hakenewe Miliyoni 352 Frw yazifashishwa mu kugura no kugeza ibyo bikoresho ku bakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Minisiteri y’Ubutabera kandi iherutse gutangaza ko Inzego ziyishamikiyeho, ziteganya kuzakoresha ingengo y’imari ya Miliyari 46,4 Frw mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025-2026 aho uru Rwego rwa RIB ubwarwo ruzakoresha hafi 1/2 cy’aya mafaranga yose.

Biteganyijwe ko RIB izakoresha miliyari 22 Frw, mu gihe Ubushinjacyaha Bukuru buzakoresha miliyari 8,6 Frw, Minisiteri y’Ubutabera yo ikazakoresha Miliyari 8,8 Frw, naho Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bya Gihanga (RFI/ Rwanda Forensic Institute) kikazakoresha Miliyari 5,2 Frw, mu gihe Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko izakoresha miliyari 1,4 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Next Post

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.