Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA
0
Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ishoramari rya Miliyari 26,5 Frw mu mushinga wo kuba Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB bijyanye n’igihe.

Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bizubakwa hafi y’ahari ibisanzwe mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (Rwanda Housing Authority) cyahawe inshingano zo gukurikirana iyubakwa ry’ibi biro by’Icyicaro Gikuru cya RIB.

Ibi biro bishya bya RIB, byitezweho gukemura zimwe mu mbogamizi uru Rwego rwahuraga na zo, zirimo umwanya udahagije, ibikorwa remezo bitajyanye n’igihe, ndetse n’uburyo bwo kwifashisha mu iperereza rijyanye n’igihe.

Minisiteri y’Ubutabera ifite mu nshingano Urwego rw’Ubugenzacyaha, ivuga ibikorwa hafi ya byose by’imyiteguro yo kubaka ibi biro bishya bya RIB byarangiye, aho ba nyiri imitungo y’aho bigomba kubakwa bamaze kwishyurwa ingurane, ndetse n’igishushanyo mbonera cyabyo kikaba kigeze kuri 90% gikorwa.

Minisitiri w’Ubutabera, Emmanuel Ugirashebuja yagize ati “RIB igira uruhare rukomeye mu iperereza, kuzagira ibiro bishya bigezweho bizayifasha gutanga serivisi neza, kinyamwuga kandi mu bunyangamugayo.”

Minisiteri y’Ubutabera kandi ivuga ko yifuza guha uru rwego ibikoresho bigezweho birufasha mu kazi karwo, birimo ibyo mu ngendo, nk’imodoka ndetse na moto, kimwe n’indege zitagira abapilote zizifashishwa mu iperereza.

Ugirashebuja yavuze ko hakenewe Miliyoni 352 Frw yazifashishwa mu kugura no kugeza ibyo bikoresho ku bakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Minisiteri y’Ubutabera kandi iherutse gutangaza ko Inzego ziyishamikiyeho, ziteganya kuzakoresha ingengo y’imari ya Miliyari 46,4 Frw mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025-2026 aho uru Rwego rwa RIB ubwarwo ruzakoresha hafi 1/2 cy’aya mafaranga yose.

Biteganyijwe ko RIB izakoresha miliyari 22 Frw, mu gihe Ubushinjacyaha Bukuru buzakoresha miliyari 8,6 Frw, Minisiteri y’Ubutabera yo ikazakoresha Miliyari 8,8 Frw, naho Ikigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bya Gihanga (RFI/ Rwanda Forensic Institute) kikazakoresha Miliyari 5,2 Frw, mu gihe Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko izakoresha miliyari 1,4 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 6 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Next Post

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.