Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunyamerika Chris Brown yatawe muri yombi na polisi yo mu Bwongereza kubera ibyaha by’urugomo ashinjwa kuba yarakoreye mu kabyiniro k’i London muri 2023.

Ibi byaha by’urugomo bishinjwa Chris Brown, byakorewe mu kabyiniro i London mu Bwongereza muri Gashyantare umwaka wa 2023, nk’uko byatangajwe na Polisi yo muri iki Gihugu kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025.

Uyu muhanzi w’imyaka 36 yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane akuwe muri Hoteli iherereye i Manchester mu Bwongereza, aho itangazo ry’Ibiro bya Polisi Nkuru muri London ritangaza ko yafashwe bifitanye isano n’ibyaha akekwaho gukorera mu kabyiniro muri 2023.

Mu ijoro ry’icyo gihe ubwo yakoraga ibi byaha ashinjwa, Chris Brown yakoreye urugomo umutunganyamiziki Abe Diaw amukubita icupa.

Biteganyijwe ko uyu muhanzi w’ikirangirire ku Isi, agezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gicurasi 2025 nk’uko bivugwa mu itangazo rya Polisi y’i London.

Byari biteganyijwe ko uyu muhanzi Chris Brown azakorera igitaramo mu Bwongereza mu kwezi gutaha ku matariko anyuranye.

Uyu muhanzi wamamaye akiri muto, dore ko ku myaka ye 16 yari umwe mu nyenyeri z’abahanzi ba R&B, ariko aza guhura n’ibibazo n’ubundi bishingiye ku rugomo byagiye bica intege ubwamamare bwe.

Muri 2009 yahamijwe ibyaha byo gukubita uwari umukunzi we Rihanna, ndetse ahabwa n’amabwiriza yo kutazongera kumwegera, ibintu byakomye mu nkokora igikundiro yari afitiwe n’abakunzi ba muzika mu bice binyuranye by’Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 3 =

Previous Post

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

Next Post

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Related Posts

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali Healing Worship Ministry yo mu Itorero ‘Power of Prayer Church’ yasabye andi makorali kurenga imyumvire y’amadini akajya yitabira ubutumire...

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi. Mu butumwa...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

by radiotv10
12/06/2025
0

Umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca, yibwe imodoka ye, ndetse akaba yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB. Uyu...

Icyo umuhanzi Josh avuga ko birori yakorewe byo gusezera ubusore byavugishije benshi

Icyo umuhanzi Josh avuga ko birori yakorewe byo gusezera ubusore byavugishije benshi

by radiotv10
11/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Josh Ishimwe yavuze ko nta gikuba cyacitse kuba yakorewe ibirori byo gusezera ubusore...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

by radiotv10
10/06/2025
0

Annette Murava, Umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yavuze ko ntakibazo afitanye n’uyu bashakanye, kandi ko igihe kizagera...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.