• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 14 bakekwaho ubujura bwa telefone, zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, runasubiza telefone 332 ba nyirazo bari barazibwe.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025, kuri sitasiyo ya RIB ya Remera, hakaba ku Cyicaro Gikuru cya Polisi mu Mujyi wa Kigali.

Aba bantu berekanywe kuri uyu wa Kane, barimo abasore n’inkumi, abagabo n’abagore bafatiwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, ndetse hanagaragazwa tekefone zafashwe, aho RIB yasubije ba nyirazo izigera muri 332.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwaboneyeho kugira inama abantu bishoye muri izi ngeso mbi z’ubujura, kubihagarika kuko inzego zabihagurukiye, kandi ko abazajya bafatirwa muri ibi bikorwa, bazajya babihanirwa hakurikijwe amategeko.

RIB yerekanye kandi uwitwa Kalisa Thierry ukurikiranYweho ibyaha byo kwihesha cy’undi hakoreshejwe uburiganya, iyezandonke no kutabasha gusobanura inkomoko y’umutungo we.

Uyu muturage yafashwe nyuma y’ibirego bitandukanye by’abantu bagiye bamuha amafaranga kugira ngo abagurire imodoka hanze y’Igihugu nkuko yabibizezaga ntabikore ndetse n’amafaranga yabo ntayabasubize.

Urwego rw’Ubugenzacyaha kandi rutanga ubuhamya rugira ruti “RIB iraburira abariganya iby’abandi n’abafite imigambi nk’iyo kuyireka, inibutsa abantu kugira amakenga no kwitwararika mu byo bashoramo amafaranga yabo.”

RIB kandi yerekanye Kalisa Thierry ukurikiranyweho kwaka abantu amafaranga abizeza kubagurira imodoka ariko bagategereza bagaheba
Dr Murangira yasabye abantu guhagarika ibi bikorwa bigize ibyaha
Hanagaragajwe telefone zafashwe
Zasubijwe ba nyirazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwatangaje igihano busabira Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’

Next Post

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.