Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

radiotv10by radiotv10
19/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Diyose Gatulika ya Cyangugu yaremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yoroza inka imiryango 10 itishoboye yo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, aho ivuga ko aya matungo ari igisobanuro cy’imibereho myiza, bityo ko iyagabira aba baturage kuko ibifuriza kugira ubuzima bwiza.

Uretse izi nka zagabiwe imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, iyi Diyoseze Gatulika ya Cyangugu iri no kubakira imiryango ibiri itagiraga amacumbi.

Ibyo bikorwa biteganyijwe kurangirana n’iminsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi byabimburiwe no koroza inka imiryango y’abarokotse batari bazifite kugira ngo babashe kubona amata n’ifumbire bityo na bo biteze imbere.

Bayizere Elias utari waragize amahirwe yo korora inka, nyuma yo kuyihabwa yagize ati “Ndishimye cyane kandi nshimiye Imana, nigeze kugira inka mu rugo ari umuntu uyindagije ariko ayitwara nta cyororo nyivanyeho kuko cyari ikimasa. Byangoraga cyane iyo byageraga mu gihe cyo guhinga kuko byansabaga kugura ifumbire, ariko ubu ngiye kubona ifumbire kandi n’abana bazabona amata”.

Mukakayijahu Bernadette wo mu Murenge wa Kamembe na we utagiraga inka, na we agira ati “Ubu ndishimiye cyane kuko nanjye ngiye kugira inka mu rugo, nagiraga uduhene gusa akaba ari two nkuraho ifumbire ariko ubu ngiye no kubona amata kandi nzasangira n’abaturanyi, buri muntu wese nzamuha ku mata.”

Abagabiwe inka bose bahita banahabwa umunyu wazo ndeste n’ibikoresho byo kuzitera umuti uzirinda ibirondwe kugira ngo biborohere guhita batangira kuzitaho.

Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ndetse na Caritas muri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, Padiri Irakoze Hyacinthe, avuga ko ibi bikorwa ari ngarukamwaka kandi ko bikorwa hagamijwe kuzamura imibereho y’abababaye kurusha abandi binagizwemo uruhare n’inzego z’ibanze na Ibuka.

Ati “Hari n’ibikorwa dukora byo kwegera abarokotse Jenoside bababaye kurusha abandi tukabafasha mu iterambere, hari abo twubakira abandi tukabagabira inka. Amata ni ikimenyetso cy’ubuzima bwiza, ubwo rero abo tugabira inka tuba tubifuriza ubuzima bwiza.”

Uretse koroza inka abarokotse Jenoside batazigiraga, Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya diyoseze gatolika ya Cyangugu iri kubakira uwarokotse Jenoside wo mu Murenge wa Nkanka muri Rusizi n’undi wo mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco ushima ibi bikorwa, avuga ko bishimangira ubufatanye bwa Leta na Kiliziya Gatulika.

Ati “Ni ibikorwa twishimira cyane nk’Ubuyobozi ndetse bikaba biri mu rwego rwa bwa bufatanye Diyoseze Gatulika ya Cyangugu igirana n’Ubuyobozi, haba muri gahunda y’isanamitima, no mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Inzu ziri kubakwa, imwe izaba ifite agaciro ka miliyoni 8 Frw, mu gihe inka ziri gutangwa muri iyi gahunda uko ari icumi, zifite agaciro ka miliyoni 5 Frw.

Avuga ko agiye kujya anywa amata kandi ko n’abaturanyi azajya abakamira
Akanyamuneza ni kose
Musenyeri wa Diyoseze ya Cyangugu, Sinayobye Edouard ni we wayoboye iki gikorwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Next Post

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.