• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, barasaba ko umugabo uvugwaho kuba yarasambanyije umwana w’imyaka ibiri w’umugore we akanamuteragura ibyuma umubiri wose, yahanishwa igihano gihwanye n’ibyo yakoze bavuga ko biremereye cyane.

Uwitwa Iradukunda Naome utuye mu Mudugudu wa Rukira mu Kagari ka Rwayikoni mu Murenge wa Mushikiri, avuga ko umugabo we Niyonizerwa Muhire babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yamusanze ari kumusambanyiriza umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri ubwo yari avuye kuvoma.

Uretse kumusambanyiriza uyu mwana batabyaranye, uyu mugabo avugwaho kuba yaramuteraguye ibyuma umubiri wose, ku buryo yasanze yakomeretse ahantu hatandukanye.

Yagize ati “Namusize ngiye kuvoma arambwira ati ‘rero nsigira umwana wihute ngo utebuke, mvuyeyo nsanga umwana yamugenje atya yamunize mu ijosi no mu mugongo nsanga yamukubise (yamutemaguye umubiri wose yanamusambanyije). Mubajije ngo uyu mwana yabaye iki? arambwira ati yagiye ku ku musaza aramukubita, ngiye kuri uwo musaza we arambwira ngo ni we wamukubise, mpita mujyana kwa muganga umwana baramwakira baramuvuza ubwo RIB nagezeyo iranyandikira. Yasanze yamusambanyije yanamunize yamukubise n’ibintu mu mugongo.”

Bamwe mu baturage bavuga ko  uyu mugabo asanganywe ingeso mbi zirimo ubujura kandi ko atari ubwa mbere afunzwe kuko n’ubunsi izi ngeso zagiye zituma afungwa.

Uwitwa Bariyanga “Afunzwe birenze rimwe. Ni ingegera yiba ibitoki, yiba ihene, Ingurube ibintu byose. Yari asanzwe ari igiharamagara nta Cyumweru cyacagaho atagiye mu Murenge.”

Icyakora ngo ibyo yakoze bihwanye ni uko yakatirwa burundu cyangwa agahabwa igihano kiremereye gihwanye n’uburemere bw’ibyo akekwaho.

Singirankabo Thoma ati “Ijisho yarivanyemo, none se gucoca igihanga ni Inka? Reba uyu mugongo ukuntu yawokeje, reba iyi nda, no mu ijosi hose. Ahubwo njye icyo nabona mwamukatira burundu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yemereye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Nyarubuye.

Uyu mwana yanateraguwe ibyuma

Abaturage bo muri aka gace basaba ko yakanirwa urumukwiye

Umubyeyi we ari mu gahinda kenshi
Abaturage ntibabyumva

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + nine =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Next Post

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.