Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, barasaba ko umugabo uvugwaho kuba yarasambanyije umwana w’imyaka ibiri w’umugore we akanamuteragura ibyuma umubiri wose, yahanishwa igihano gihwanye n’ibyo yakoze bavuga ko biremereye cyane.

Uwitwa Iradukunda Naome utuye mu Mudugudu wa Rukira mu Kagari ka Rwayikoni mu Murenge wa Mushikiri, avuga ko umugabo we Niyonizerwa Muhire babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yamusanze ari kumusambanyiriza umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri ubwo yari avuye kuvoma.

Uretse kumusambanyiriza uyu mwana batabyaranye, uyu mugabo avugwaho kuba yaramuteraguye ibyuma umubiri wose, ku buryo yasanze yakomeretse ahantu hatandukanye.

Yagize ati “Namusize ngiye kuvoma arambwira ati ‘rero nsigira umwana wihute ngo utebuke, mvuyeyo nsanga umwana yamugenje atya yamunize mu ijosi no mu mugongo nsanga yamukubise (yamutemaguye umubiri wose yanamusambanyije). Mubajije ngo uyu mwana yabaye iki? arambwira ati yagiye ku ku musaza aramukubita, ngiye kuri uwo musaza we arambwira ngo ni we wamukubise, mpita mujyana kwa muganga umwana baramwakira baramuvuza ubwo RIB nagezeyo iranyandikira. Yasanze yamusambanyije yanamunize yamukubise n’ibintu mu mugongo.”

Bamwe mu baturage bavuga ko  uyu mugabo asanganywe ingeso mbi zirimo ubujura kandi ko atari ubwa mbere afunzwe kuko n’ubunsi izi ngeso zagiye zituma afungwa.

Uwitwa Bariyanga “Afunzwe birenze rimwe. Ni ingegera yiba ibitoki, yiba ihene, Ingurube ibintu byose. Yari asanzwe ari igiharamagara nta Cyumweru cyacagaho atagiye mu Murenge.”

Icyakora ngo ibyo yakoze bihwanye ni uko yakatirwa burundu cyangwa agahabwa igihano kiremereye gihwanye n’uburemere bw’ibyo akekwaho.

Singirankabo Thoma ati “Ijisho yarivanyemo, none se gucoca igihanga ni Inka? Reba uyu mugongo ukuntu yawokeje, reba iyi nda, no mu ijosi hose. Ahubwo njye icyo nabona mwamukatira burundu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yemereye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Nyarubuye.

Uyu mwana yanateraguwe ibyuma

Abaturage bo muri aka gace basaba ko yakanirwa urumukwiye

Umubyeyi we ari mu gahinda kenshi
Abaturage ntibabyumva

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Next Post

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Related Posts

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.