Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Umusasiridoti ukorera umurimo w’ubwiyeguriramana mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi anafite ikigo cy’Ishuri ayobora, watangije gahunda yo kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga, arasaba ubufasha kugira ngo abashe gukomeza ubu bugiraneza.

Ni yuko Padiri Uwingabire Emmanuel uyobora Urwunge rw’Amashuli rwitiriwe Mutagatifu Pawulo Muko mu Murenge wa Bugarama, atangije igerageza ku bana 35 bavukanye ubumuga burimo n’ubwo mu mutwe bahoraga bakingiranywe mu nzu ubu bakaba baratangiye kwigishwa ku buryo abatarabashaga kuvuga batangiye kubishobora.

Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe bigishirizwa muri Saint Paul Muko, bavuga ko aho batangiye kwitabwahaho muri ubwo buryo, hari icyahindutse kuko bitandukanye na mbere aho bamwe birirwaga babakingiranye mu nzu.

Uwimana Charlotte urera umwana ufite ubwo bumuga watawe n’ababyeyi, agira ati “Abaturanyi baransekaga ngo nihaye kurera uwo ntashoboye kandi nshaje, aho aziye aha asigaye yishima kuko abona abandi n’ubwo afite n’ubumuga bwo kutavuga. Mbere naramukingiranaga kugira ngo ngire aho njya kuko nta muntu nabaga ndibumusigire.”

Ndayizeye Vedaste ufite umwana utarabashaga kuvuga nawe agira ati “Ntabwo yavugaga, ariko ubu umuntu aramuvugisha akavuga, wamuhamagara akavuga ngo wii. Ntiyajyaga mu bandi ariko ubu asigaye akina nabo ukabona ko yishimye.”

Uretse abana bato bafite ubumuga bwo mu mutwe barimo n’abafite ubukomatanyije, muri GS Saint Paul Muko hari n’abandi bakuru bavukanye ubwo bumuga batari barigeze amahirwe yo kwiga bashyizwe mu ishuri bakaba batangiye kumenya gusoma no kwandika.

Bahati Louise w’imyaka 35 wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza ati “Ntabwo bari barashatse ko njya kwiga ngo kubera ko nituraga hasi, ubu nsigaye naramenye kubara no kwandika kandi mba n’uwa mbere.”

Nubwo iki gikorwa gitangiye gutanga umusaruro, Padiri Uwingabire Emmanuel avuga ko yari atangiriye ku mubare muto ugererenyije n’abakeneye kwitabwaho muri ubu buryo agahamagarira abagiraneza kumutera ingabo mu bitugu kuko bisaba ubushobozi bumurenze.

Ati “Twahereye kuri 35 tubashyira mu ishuri harimo abatangiye kuba aba mbere kandi bafite ubumuga bwo mu mutwe. Dutangira kubona abataravugaga batangiye kuvuga n’abatarabonaga batangira kureba turavuga tuti bya bintu birashoboka. Turagira ngo abagiraneza badushyigikire noneho n’abandi 50 basigaye tubazane nabo bige.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga ku rwego rw’Igihugu, Emmanuel Ndayisaba akimara kumva iki gikorwa yabwiye RADIOTV10 ko bagiye kumwegera bakamuhuza n’abaterankunga basanzwe bakorana.

Ati “Ibikorwa aba akoze ni ugufasha Leta muri rusange, kandi hari abafatanyabikorwa baba bahari ubwo ni ukureba abo tubwira bakamufasha natwe tukaba twabigiramo uruhare.”

Hari habaruwe abana 85 ariko uyu Musaseridoti atangirira kuri 35 mu buryo bwo kugeregeza kugira ngo arebe ko byatanga umusaruro, ubu hakaba hasigaye abandi 50 bakeneye ubufasha nk’ubu.

Abana bahoraga bafungiranywe mu nzu, ubu ni abanyeshuri bitwara neza
Afite imyaka irenga 30 ariko yasubiye mu ishuri kandi aratsinda

Padiri Uwimana arifuza ko abantu bamushyigikira muri iyi gahunda

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 3 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Related Posts

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

by radiotv10
28/07/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara baturiye ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro mu buryo...

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
28/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

IZIHERUKA

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

28/07/2025
Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

28/07/2025
Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w'Intebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.