Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba
Share on FacebookShare on Twitter

Umusasiridoti ukorera umurimo w’ubwiyeguriramana mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi anafite ikigo cy’Ishuri ayobora, watangije gahunda yo kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga, arasaba ubufasha kugira ngo abashe gukomeza ubu bugiraneza.

Ni yuko Padiri Uwingabire Emmanuel uyobora Urwunge rw’Amashuli rwitiriwe Mutagatifu Pawulo Muko mu Murenge wa Bugarama, atangije igerageza ku bana 35 bavukanye ubumuga burimo n’ubwo mu mutwe bahoraga bakingiranywe mu nzu ubu bakaba baratangiye kwigishwa ku buryo abatarabashaga kuvuga batangiye kubishobora.

Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe bigishirizwa muri Saint Paul Muko, bavuga ko aho batangiye kwitabwahaho muri ubwo buryo, hari icyahindutse kuko bitandukanye na mbere aho bamwe birirwaga babakingiranye mu nzu.

Uwimana Charlotte urera umwana ufite ubwo bumuga watawe n’ababyeyi, agira ati “Abaturanyi baransekaga ngo nihaye kurera uwo ntashoboye kandi nshaje, aho aziye aha asigaye yishima kuko abona abandi n’ubwo afite n’ubumuga bwo kutavuga. Mbere naramukingiranaga kugira ngo ngire aho njya kuko nta muntu nabaga ndibumusigire.”

Ndayizeye Vedaste ufite umwana utarabashaga kuvuga nawe agira ati “Ntabwo yavugaga, ariko ubu umuntu aramuvugisha akavuga, wamuhamagara akavuga ngo wii. Ntiyajyaga mu bandi ariko ubu asigaye akina nabo ukabona ko yishimye.”

Uretse abana bato bafite ubumuga bwo mu mutwe barimo n’abafite ubukomatanyije, muri GS Saint Paul Muko hari n’abandi bakuru bavukanye ubwo bumuga batari barigeze amahirwe yo kwiga bashyizwe mu ishuri bakaba batangiye kumenya gusoma no kwandika.

Bahati Louise w’imyaka 35 wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza ati “Ntabwo bari barashatse ko njya kwiga ngo kubera ko nituraga hasi, ubu nsigaye naramenye kubara no kwandika kandi mba n’uwa mbere.”

Nubwo iki gikorwa gitangiye gutanga umusaruro, Padiri Uwingabire Emmanuel avuga ko yari atangiriye ku mubare muto ugererenyije n’abakeneye kwitabwaho muri ubu buryo agahamagarira abagiraneza kumutera ingabo mu bitugu kuko bisaba ubushobozi bumurenze.

Ati “Twahereye kuri 35 tubashyira mu ishuri harimo abatangiye kuba aba mbere kandi bafite ubumuga bwo mu mutwe. Dutangira kubona abataravugaga batangiye kuvuga n’abatarabonaga batangira kureba turavuga tuti bya bintu birashoboka. Turagira ngo abagiraneza badushyigikire noneho n’abandi 50 basigaye tubazane nabo bige.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga ku rwego rw’Igihugu, Emmanuel Ndayisaba akimara kumva iki gikorwa yabwiye RADIOTV10 ko bagiye kumwegera bakamuhuza n’abaterankunga basanzwe bakorana.

Ati “Ibikorwa aba akoze ni ugufasha Leta muri rusange, kandi hari abafatanyabikorwa baba bahari ubwo ni ukureba abo tubwira bakamufasha natwe tukaba twabigiramo uruhare.”

Hari habaruwe abana 85 ariko uyu Musaseridoti atangirira kuri 35 mu buryo bwo kugeregeza kugira ngo arebe ko byatanga umusaruro, ubu hakaba hasigaye abandi 50 bakeneye ubufasha nk’ubu.

Abana bahoraga bafungiranywe mu nzu, ubu ni abanyeshuri bitwara neza
Afite imyaka irenga 30 ariko yasubiye mu ishuri kandi aratsinda

Padiri Uwimana arifuza ko abantu bamushyigikira muri iyi gahunda

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Next Post

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w’Intebe

Perezida Ndayishimiye yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lt.Gen.Gervais usanzwe ari Minisitiri w'Intebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.