Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye
Share on FacebookShare on Twitter

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe, yakatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo nsimburagifungo y’agahato.

Iki gihano gikubiye mu cyemezo cyafashwe n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri DRC, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gicurasi 2025, kinateganya ko azamara imyaka itanu atemerewe kugira uburenganzira mu bya polituki no kwidegembya uko yishakiye.

Nanone kandi Urukiko Rukuru rwo rwahise rutegeka ko atabwa muri yombi byihuse kandi hagafatirwa imitungo ye yaba iyimukanwa n’itimukanwa kugira ngo hazaboneke ubwishyu bw’amafaranga aregwa kunyereza.

Uyu munyapolitiki wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC hagati ya 2012 na 2016 ndetse akaba ari n’Umudepite ku rwego rw’Igihugu, ashinjwa kunyereza miliyoni 156,8 USD yagombaga gushyirwa mu kigega kigamije iterambere ry’icyanya cy’ubuhinzi cya Bukanga-Lonzo, mu Burasirazuba bwa Kinshasa, ndetse na miliyoni 89 USD aregwa kunyereza akoranye n’Umunya-Afurika y’Epfo, Globler.

Ni mu gihe bagenzi be baregwa hamwe, ari bo Deogratias Mutombo na Christo Grobler, bo bakatiwe imyaka itanu yo gukora na bo iyo mirimo y’agahato, ndetse no kwamburwa uburenganzira, mu gihe uyu Munya-Afurika y’Epfo we azanirukanwa burundu ku butaka bwa Congo Kinshasa.

Ubwo hasomwaga iki cyemezo cy’Urukiko Rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga, abaregwa bose, nta n’umwe wari uri mu Rukiko rwasomewemo iki cyemezo kuri uyu wa Kabiri.

Urukiko ruvuga ko abaregwa bigwijeho imitungo irimo iyimukanwa n’itimukanwa bayikuye mu mari ya Leta banyereje, ndetse rutegeka ko yose ihita ifatirwa kugira ngo izatezwe cyamunara haboneke ubwishyu bw’amafaranga banyereje.

Ni mu gihe uru rubanza rwateje impagarara mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo Kinshasa, byumwihariko ahagarutswe ku budahangarwa bugombwa Depite Matata Ponyo.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo, Vital Kamerhe, yavuze ko ibi bihabanye n’Itegeko Nshinga, aho yavuze ko Matata Ponyo atari akwiye gucirwa urubanza atabanje kwamburwa ubudahangarwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Next Post

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.