Thursday, May 22, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsinda, rwashyizwe mu muhezo, ku bw’ubusabe bw’uwahohotewe [Annet Murava-Umugore w’uregwa] wabyifuje ku bw’inyungu z’umuryango.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma yuko uregwa [Bishop Gafaranga] yari yagejejwe ku Rukiko, aho yazanywe mu gitondo cya kare ndetse akinjira mu cyumba cy’iburanisha, itangamazamakuru ritamuciye iryera.

Annet Murava, umugore w’uregwa ari na we watanze ikirego, na we ari mu bitabiriye iri buranisha, na we wahageze mu gitondo agahita yinjira mu cyumba cy’iburanisha.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025 ubwo uregwa yagezwaga imbere yarwo.

Ni nyuma yuko icyifuzo cyo gushyira mu muhezo uru rubanza, gitanzwe n’Ubushinjacyaha bwavuze ko gishingiye ku busabe bw’uwakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari we Annet Murava, umugore wa Bishop Gafaranda.

Umushinjacyaha yavuze ko hakurikijwe ibizavugirwa muri uru rubanza, bizumvikano ibijyanye n’amabanga y’umuryango, ku buryo bikenewe ko rushyirwa mu muhezo kugira ngo bitazabangamira umurongo mbonezabupfura nyarwanda.

Uyu Mushinjacyaha wagezaga icyifuzo cye ku Rukiko, yifashishije Ingingo y’ 131 y’Itegeko ryerecyeye Imiburanishirize y’Imanza z’Inshinjabyaha, ivuga ko ubusanzwe iburanisha ribera mu ruhame, ariko ikagira irengayobora, igira iti “Icyakora, urukiko rushobora kwemeza ko iburanisha riba mu muhezo mu gihe ryabangamira umutekano cyangwa imico y’imbonezabupfura, n’igihe cyose Umucamanza asanze ari ngombwa.”

Bishop Gafaranga abajijwe icyo avuga kuri iki cyifuzo cy’Ubushinjacyaha, yavuze ko agishyigikiye, kuko cyatuma hatagira ikibangamira umuryango, ndetse binashimangirwa n’umunyamategeko we wavuze ko na bo bari bafite gahunda yo gutanga icyo cyifuzo.

Umucamanza amaze kumva ibitangaza n’impande zombi, yanzuye ko iburanisha rikomereza mu muhezo, asaba abari baryitabiriye, batari mu bagenwa n’itegeko, gusohoka mu cyumba cy’iburanisha.

Bishop Gafaranga uzwi mu biganiro byo ku miyoboro ya YouTube, yatawe muri yombi tariki Indwi Gicurasi 2025 akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Uyu mugabo wari ucumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya ya Nyamata, yari aherutse gukorerwa dosiye n’uru Rwego ishyikirizwa Ubushinjacyaha, na bwo bwaje kuyiregera Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata.

Amakuru ava mu bazi umuryango wa Bishop Gafaranga, avuga ko uyu mugabo yahohoteraga umugore we Annet Murava, bikaza kugera kure, ari na ho uyu mugore usanzwe ari umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, yaje gufatira icyemezo cyo kwiyambaza inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 14 =

Previous Post

Ibitaramenyekanye ku ndirimbo ikunzwe muri iki gihe y’umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda

Next Post

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uwari Major uzwi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza akurikiranyweho ibyaha

by radiotv10
22/05/2025
0

Retired Major Rugamba Robert uzwi mu mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Karere ka Nyanza, akurikiranywe muri dosiye y’abari gukorwaho iperereza...

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

by radiotv10
22/05/2025
2

Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gasumo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, haravugwa umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya umunyeshuri w’imyaka...

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

by radiotv10
22/05/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kubazwa ku cyo ari gukora ku bibazo by’u Rwanda na...

Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

by radiotv10
22/05/2025
0

Umunyarwandazi Sous Lieutenant Janet Uwamahoro wo mu Ngabo z’u Rwanda, yarangije amasomo mu Ishuri rya Gisirikare ‘US Coast Guard Academy’...

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

by radiotv10
22/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye, basinye amasezerano y’imikoranire ya miliyari 1,4 USD yo gushyigikira inzego z’iterambere mu gihe cy’imyaka itanu...

IZIHERUKA

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
MU RWANDA

Uwari Major uzwi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza akurikiranyweho ibyaha

by radiotv10
22/05/2025
0

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

22/05/2025
Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

22/05/2025
Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

22/05/2025
Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

22/05/2025
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

22/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Major uzwi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Nyanza akurikiranyweho ibyaha

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.