Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo ashobora gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025, nyuma yuko Komisiyo idasanzwe yari yahawe inshingano zo gusuzuma ubu busabe bwo kwambura ubudahangarwa Kabila, itanze Raporo ku Nteko Rusange.

Nyuma yuko iyi Komisiyo igejeje ku Nteko Rusange ya Sena raporo y’ibyavuye mu busesenguzi bwayo ku busabe bwo kwambura ubudahangarwa bwatanzwe n’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC ngo ibusuzume, ubu busabe bwatowe ku bwiganze bwo hejuru.

Mu gutora iki cyemezo, Abasenateri 88 batoye ‘Yego’ mu gihe abandi batanu (5) ari bo batoye ‘Oya’ abandi batatu bifashe, mu basenateri 96 bari bitabiriye imirimo y’Inteko Rusange ya Sena yatorewemo iki cyemezo.

Iki cyemezo kivuye mu busesenguzi bwakozwe na Komisiyo idasanzwe yari yahawe gusuzuma ubu busabe, ikabikora mu bwiru buhebuje bivugwa ko bwabayemo impaka zidasanzwe.

Nyuma yuko Joseph Kabila afatiwe iki cyemezo cyo kumwambura ubudahangarwa, ubu ashobora gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, dore ko ari na yo mpamvu nyamukuru yatumye hatangwa ubu busabe.

Ni icyemezo kije mu gihe hari umwuka mubi muri politiki ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ahamaze igihe hari imirwano ihanganishije igisirikare cya Leta n’umutwe wa M23.

Iyi raporo yatumye hafatwa icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa Kabila, yagaragaje umucyo ku birego bikomeye bishinjwa uyu munyapolitiki wayoboye Congo Kinshasa ubu uri mu buhungiro.

Kabila ashinjwa ubugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyoko muntu ndetse no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro, aho ashinjwa gufasha umutwe wa M23.

Ibi birego yakunze gushinjwa na Perezida Félix Tshisekedi yasimbuye, byamaganirwa kure n’abashyigikiye Joseph Kabila, bavuga ko bishingiye ku mpamvu za Politiki no kwikura mu kimwaro k’ubutegetsi buriho bwamunzwe n’ibibazo uruhuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

Korali iri mu zizwi mu Rwanda yageneye ubutumwa andi makorali

Next Post

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.