Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

radiotv10by radiotv10
24/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sports, Ayabonga Lebitsa, yatanze umucyo ku byavugwaga ko yaba agiye kwerecyeza mu makipe arimo APR FC.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo umaze imyaka ibiri ari umutoza wa Rayon Sports wongerera imbaraga abakinnyi (Fitness Coach) yakomeje gushimwa na benshi nk’umukozi ukora kinyamwuga. Gusa ageze ku musozo w’amasezerano ye yasinywe mu mpeshyi ya 2023 akavugururwa muri Nyakanga ya 2024.

Yakunzwe n’abakunzi ba Rayon Sports cyane kuko yasigaranye ikipe kenshi ubwo abatoza bakuru banyuranye babaga basezeye cyangwa birukanywe muri iyi kipe.

Abatoza bakoranye muri iyi myaka ibiri ni; Umunya-Tunisia Yamen Zelfani, Umunya-Mauritania Mohamed Wade, Umufaransa Julien Mette, n’umunya-Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho.

Mu kiganiro kihariye Ayabonga yagiranye na RADIOTV10 yahamije ko amasezerano ye azarangira mu kwezi gutaha (Kamena 2025) ariko ahakana amakuru avuga ko ari mu biganiro na APR FC na Police FC zihora zihanganiye ibikombe na Rayon Sports atoza.

Ayabonga Lebitsa yagize ati “Ni ibIhuha rwose. Ubu icyo ntekerezaho ni ugushaka ibyiza muri Rayon Sports. Nagerageje gukurikirana aho byavuye nsanga ni ibihuha byahimbwe ku mpamvu ntashaka kuvugaho ariko barabeshya. Nta muntu wo muri APR FC cyangwa Police FC urampamagara ambwira ko anyifuza. Mfite inzozi zo kuzava muri Rayon Sports njya mu makipe yisumbuyeho nk’ay’iwacu muri Afurika y’Epfo cyangwa ahandi kuri uyu mugabane.”

Ayabonga Lebitsa yafashije Rayon Sports kubona itike yo kuzasohokera u Rwanda mu marushanwa ya CAF nubwo ikipe atoza yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ubu ikaba iri ku mwanya wa Kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda ibura imikino ibiri ngo irangire.

Ayabonga Lebitsa yahakanye amakuru yavugaga ko yaba agiye kwerecyeza muri APR FC
Yishimirwa n’abakinnyi ba Rayon Sports

Roben NGABO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − two =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Next Post

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Related Posts

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ikipe ya Manchester United nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma wa Europa League 2024-2025, igiye gusezerera abakinnyi umunani bose...

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

by radiotv10
22/05/2025
0

Ikipe ya Vision FC yatandukanye n'uwari umutoza wayo Lomami Marcel, yahise imusimbuza Muvunyi Félix Fils na we uheruka gusezererwa na...

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

Ubutumwa APR BBC yageneye Abanyarwanda nyuma yo gutsindirwa imbere yabo

by radiotv10
21/05/2025
0

APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino Basketball Africa League ya Nile Conferece iri kubera i Kigali, yavuze ko...

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

by radiotv10
20/05/2025
0

Nyuma yuko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryanzuye ko hazasubukurwa umukino wahuzaga Rayona Sports na Bugesera FC ugahagarara utarangiye...

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

IZIHERUKA

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United
FOOTBALL

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

by radiotv10
24/05/2025
0

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

24/05/2025
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

24/05/2025
Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

23/05/2025
Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n'ikipe ya Manchester United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.