Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba

radiotv10by radiotv10
24/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ku bivugwa ko umwe mu batoza ba Rayon yaba akomanga ku muryango wa mucyeba
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sports, Ayabonga Lebitsa, yatanze umucyo ku byavugwaga ko yaba agiye kwerecyeza mu makipe arimo APR FC.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo umaze imyaka ibiri ari umutoza wa Rayon Sports wongerera imbaraga abakinnyi (Fitness Coach) yakomeje gushimwa na benshi nk’umukozi ukora kinyamwuga. Gusa ageze ku musozo w’amasezerano ye yasinywe mu mpeshyi ya 2023 akavugururwa muri Nyakanga ya 2024.

Yakunzwe n’abakunzi ba Rayon Sports cyane kuko yasigaranye ikipe kenshi ubwo abatoza bakuru banyuranye babaga basezeye cyangwa birukanywe muri iyi kipe.

Abatoza bakoranye muri iyi myaka ibiri ni; Umunya-Tunisia Yamen Zelfani, Umunya-Mauritania Mohamed Wade, Umufaransa Julien Mette, n’umunya-Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho.

Mu kiganiro kihariye Ayabonga yagiranye na RADIOTV10 yahamije ko amasezerano ye azarangira mu kwezi gutaha (Kamena 2025) ariko ahakana amakuru avuga ko ari mu biganiro na APR FC na Police FC zihora zihanganiye ibikombe na Rayon Sports atoza.

Ayabonga Lebitsa yagize ati “Ni ibIhuha rwose. Ubu icyo ntekerezaho ni ugushaka ibyiza muri Rayon Sports. Nagerageje gukurikirana aho byavuye nsanga ni ibihuha byahimbwe ku mpamvu ntashaka kuvugaho ariko barabeshya. Nta muntu wo muri APR FC cyangwa Police FC urampamagara ambwira ko anyifuza. Mfite inzozi zo kuzava muri Rayon Sports njya mu makipe yisumbuyeho nk’ay’iwacu muri Afurika y’Epfo cyangwa ahandi kuri uyu mugabane.”

Ayabonga Lebitsa yafashije Rayon Sports kubona itike yo kuzasohokera u Rwanda mu marushanwa ya CAF nubwo ikipe atoza yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ubu ikaba iri ku mwanya wa Kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda ibura imikino ibiri ngo irangire.

Ayabonga Lebitsa yahakanye amakuru yavugaga ko yaba agiye kwerecyeza muri APR FC
Yishimirwa n’abakinnyi ba Rayon Sports

Roben NGABO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Next Post

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n'ikipe ya Manchester United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.