Thursday, May 29, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba yahakanye ibyaha byose ashinjwa n’Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza, avuga ko yakoze ikosa rikomeye ryo gutangiza iperereza kuri Minisitiri, kandi ko adatewe ubwoba no kuba yafungwa.

Constant Mutamba, ashinjwa ibyaha byo kunyereza impozamarira Uganda yageneye Congo, yahakanye ibi byaha ashinjwa kuri uyu wa Mbere ubwo yitabaga Urukiko rw’Iremezo ruri i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri Mutamba, yavuze ko Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imana, yakoze ikosa rikomeye ryo kumukurikirana mu mategeko.

Yagize ati “Mubwire Umushinjacyaha Mukuru ko atazigera ambona imbere ye niregura. Nta bwoba mfite bwo kuba najya muri gereza, nditeguye. Yakoze ikosa rikomeye ry’imyitwarire. Ntiyari akwiye gutangiza iperereza kuri Minisitiri w’Ubutabera. Ni ikosa rikomeye ry’imyitwarire.”

Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba yavuze ko Umushinjacyaha Mukuru wa ruriya Rukiko, azirengera ingaruka z’iri kosa rikomeye amushinja gukora.

Ati “Yatangije ikirego gihamagaza Umunyamabanga Mukuru wa Minisiteri y’Ubutabera ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Gereza. Nari namusabye kutabyijandikamo.”

Uyu Minisitiri w’Ubutabera, yavuze ko yabujije Umunyamabanga Mukuru wa Minisiteri y’Ubutabera, kutagira icyo asubiza ku mpapuro zimuhamagaza mu Rukiko rw’Iremezo.

Mutamba ashinja Umushinjacyaha Firmin Mvonde kuba yaratangije kiriye kirego agamije kumwubahuka no kumuhindanyiriza isura.

Ati “Mumubwire ko yakoze ibikorwa n’abo mu itsinda ry’aba- Kabilistes [abashyigiye Joseph Kabila wayoboye Congo], iryo tsinda riransuzugura. Bagamije kumpindanyiriza isura. Mubabwire ko Imana y’abakurambere banjye izakomeza kundindira isura kurusha iyabo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Next Post

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Related Posts

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

by radiotv10
28/05/2025
0

Imirwano ihanganishije abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’umutwe wa Wazalendo, yongeye kubugra mu gace ka Kalonde muri Teritwari ya Walikare mu Ntara...

Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

by radiotv10
27/05/2025
0

Nyuma yuko Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ageze mu mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23, biteganyijwe...

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

by radiotv10
27/05/2025
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yamaganye amakuru yo gukubitwa urushyi n’umugore we abigambiriye nyuma y’amashusho yakwirakwiye agaragaza akubitwa urushyi mu...

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

by radiotv10
26/05/2025
0

Amashusho agaragaza Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa asa nk’ukubitwa urushyi mu isura n’uwo bikekwa ko ari umugore we, akomeje kuvugwaho...

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

by radiotv10
26/05/2025
1

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ko atumva ukuntu u Budage bwohereje Umudage mugufi nka Ambasaderi wo...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda babiri baburiye ubuzima muri Centrafrique bagiye gukorewa igikorwa cy’icyubahiro
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda babiri baburiye ubuzima muri Centrafrique bagiye gukorewa igikorwa cy’icyubahiro

by radiotv10
28/05/2025
0

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

28/05/2025
Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

28/05/2025
Col.Patrick Nyirishema wa RDF wigeze kuyobora RURA yarangije muri Kaminuza ya Gisirikare ya Kenya

Col.Patrick Nyirishema wa RDF wigeze kuyobora RURA yarangije muri Kaminuza ya Gisirikare ya Kenya

28/05/2025
Urupfu rw’umwana wakubiswe na bagenzi be bapfa ibiryo ku ishuri ruravugwaho ibitandukanye

Urupfu rw’umwana wakubiswe na bagenzi be bapfa ibiryo ku ishuri ruravugwaho ibitandukanye

28/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w’akarasisi kanogeye ijisho

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kazakhstan mu muhango w’akarasisi kanogeye ijisho

28/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda babiri baburiye ubuzima muri Centrafrique bagiye gukorewa igikorwa cy’icyubahiro

Agezweho: Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo urugamba rwongeye kwambikana

Ubutumwa bw’urujijo bw’umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho kumuhohotera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.