Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri i Astana muri Kazakhstan, yavuze ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabaga, amahanga yigize ntibindeba akarutera umugongo, bigasaba ko kubaka iki Gihugu biva mu gushyira hamwe kw’abagituye, ariko ko bitakibujije gukorana n’ayo mahanga yabatereranye.

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025 ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya Astana International Forum.

Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro iyi nama, cyitabiriwe na Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev na Perezida wa Macedonia ya Ruguru, Gordana Siljanovska-Davkova.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku rugendo rwo kwiyubaka kw’iki Gihugu nyuma yo kuva mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bari no mu minsi ijana yo kuyibuka, agaragaza ko ibyabaye kuri iki Gihugu cyabikuyemo amasomo akomeye.

Yagize ati “Ubwo Jenoside yabaga mu Gihugu cyacu, amahanga yabiteye umugongo ntiyatwitaho, ibyo byatwigishije isomo. Aho ni ho twatangiye kugenda duhuza imbaraga, tugerageza kongera kwiyubaka, buri wese atanga uruhare rwe, ndetse no kuzana umwuka w’ubwizerane watuzaniye amahirwe yo kubaka inzego zagombaga kugira uruhare mu kugeza ku baturage bacu ibyo bakeneye.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo amahanga yatereranye u Rwanda mu gihe rwari ruyakeneye, akarutera umugongo, ndetse no mu kwishakamo ibisubizo, akaba ari bo babyikorera, bitabujije iki Gihugu gukorana n’ayo mahanga.

Ati “Ariko ntibyatubuje gukorana n’amahanga. Ndetse twakiriye inkunga ziturutse mu nshuti no mu bafatanyabikorwa. Ariko ibyo ntibyari kudufasha cyangwa ngo bigire icyo bitumarira iyo tudahaguruka ngo dushyire hamwe ubwacu ngo tunagire icyo twikorera kiduturutsemo.”

Perezida Paul Kagame uri muri Kazakhstan kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, uru ruzinduko rwe runagamije gutsura umubano w’u Rwanda Gihugu nk’umufatanyabikorwa mu mikoranire ibyara inyungu.

We na mugenzi we w’iki Gihugu, Qasym-Jomart Toqayev; kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Gicurasi, banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo Dipolomasi, Ikoranabuhanga, uburezi, ubuhinzi, imari ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Perezida Kagame ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye iyi nama mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 15 =

Previous Post

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.