Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri gusa mu banyeshuri batandatu bahiciwe muri Werurwe 1997 ubwo bagabwagaho igitero n’abacengezi.

Mujawamahoro Marie Chantal wakomokaga mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kagano ndeste na Ndemeye Valens wavukaga aha i Nyange muri Ngororero, ni bo gusa bashyinguye inyuma y’ishuri ryari iry’umwaka wa gatandatu biciwemo n’abacengezi.

Ubwo abacengezi basabaga abanyeshuri bo mu wa 6 kwitandukanya ngo “Abahutu bajye ukwabo n’Abatutsi ukwabo”, bivugwa ko Mujawamahoro Marie Chantal ari we wahise avuga ko bose ari Abanyarwanda batari bwitandukanye bigatuma yicwa mu ba mbere.

Naho Ndemeye Valens wari warasubiye mu ishuri nyuma yo kuva mu gisirikare cy’Inkotanyi, na we mbere yo kwicwa ngo  yaranzwe n’ubutwari butazibagirana aho yafashe umucengezi amuturutse inyuma akamubuza kurasa abandi banyeshuri bigatuma babona uko basohoka ariko na we akaraswa n’undi mucengezi wamuturutse inyuma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe, Nkusi Deo avuga ko itumanaho icyo gihe ryari rigoye bituma ababyeyi ba Mujawamahoro bari i Nyamasheke batinda kumenya ayo makuru mabi, n’aho bahagereye basaba ko yashyingurwa muri iri shuRi kuko kugeza umurambo we mu cyari perefegitura ya Cyangugu icyo gihe byari bigoye.

Agira ati “Babimenye rero batinzemo gacyeya, telephone mobile zari zitaraza, umuhanda ujyayo utameze neza imodoka ari nkeya, bahagera batinze bumvikana n’ishuri umwana bamushyingura hariya.”

Ndemeye Valens wabanje kujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi akaba ari ho apfira, bashiki be babiri bari barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari hafi y’iri shuri, bari bamushyinguye iwabo mu rugo ariko aza kuhavanwa kubera impamvu Deo Nkusi akomeza asobanura.

Ati “Baje kuhagurisha kugira ngo bashake imibereho, hanyuma rwiyemezamirimo wahaguze ashaka kuhubaka ibikorwa by’iterambere, bigeze aho asaba abashinzwe ibicumbi by’intwari ko bamufasha kwimura umubiri we, hanyuma batwemerera ko tumwimura ariko tukamushyira ku gicumbi cy’intwari”.

Abandi banyeshuli bane bapfanye na bo bagiye bashyingurwa n’imiryango yabo yabashije kuhagera igatwara imibiri yabo.

Muri 2001 abigaga mu wa 6 aho igitero cyatangiriye baba abo cyatwaye ubuzima n’abakirokotse, bose bagizwe intwari z’u Rwanda mu cyiciro cy’Imena, ndeste iri shuli ry’i Nyange riza kuvugururwa ariko icyumba biciwemo gishyirwamo ibiranga ayo mateka y’ubutwari kugira ngo n’abandi babigireho.

Mujawamahoro ashyinguye kuri iri shuri yiciweho
Na mugenzi we Ndemeye
Ishuri bigagamo ubu ribumbatiye amateka y’ibyahabereye

Abanyeshuri bose bigaga muri uwo mwaka wa gatandatu bagizwe Intwari

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Next Post

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.