Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri gusa mu banyeshuri batandatu bahiciwe muri Werurwe 1997 ubwo bagabwagaho igitero n’abacengezi.

Mujawamahoro Marie Chantal wakomokaga mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kagano ndeste na Ndemeye Valens wavukaga aha i Nyange muri Ngororero, ni bo gusa bashyinguye inyuma y’ishuri ryari iry’umwaka wa gatandatu biciwemo n’abacengezi.

Ubwo abacengezi basabaga abanyeshuri bo mu wa 6 kwitandukanya ngo “Abahutu bajye ukwabo n’Abatutsi ukwabo”, bivugwa ko Mujawamahoro Marie Chantal ari we wahise avuga ko bose ari Abanyarwanda batari bwitandukanye bigatuma yicwa mu ba mbere.

Naho Ndemeye Valens wari warasubiye mu ishuri nyuma yo kuva mu gisirikare cy’Inkotanyi, na we mbere yo kwicwa ngo  yaranzwe n’ubutwari butazibagirana aho yafashe umucengezi amuturutse inyuma akamubuza kurasa abandi banyeshuri bigatuma babona uko basohoka ariko na we akaraswa n’undi mucengezi wamuturutse inyuma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe, Nkusi Deo avuga ko itumanaho icyo gihe ryari rigoye bituma ababyeyi ba Mujawamahoro bari i Nyamasheke batinda kumenya ayo makuru mabi, n’aho bahagereye basaba ko yashyingurwa muri iri shuRi kuko kugeza umurambo we mu cyari perefegitura ya Cyangugu icyo gihe byari bigoye.

Agira ati “Babimenye rero batinzemo gacyeya, telephone mobile zari zitaraza, umuhanda ujyayo utameze neza imodoka ari nkeya, bahagera batinze bumvikana n’ishuri umwana bamushyingura hariya.”

Ndemeye Valens wabanje kujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi akaba ari ho apfira, bashiki be babiri bari barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari hafi y’iri shuri, bari bamushyinguye iwabo mu rugo ariko aza kuhavanwa kubera impamvu Deo Nkusi akomeza asobanura.

Ati “Baje kuhagurisha kugira ngo bashake imibereho, hanyuma rwiyemezamirimo wahaguze ashaka kuhubaka ibikorwa by’iterambere, bigeze aho asaba abashinzwe ibicumbi by’intwari ko bamufasha kwimura umubiri we, hanyuma batwemerera ko tumwimura ariko tukamushyira ku gicumbi cy’intwari”.

Abandi banyeshuli bane bapfanye na bo bagiye bashyingurwa n’imiryango yabo yabashije kuhagera igatwara imibiri yabo.

Muri 2001 abigaga mu wa 6 aho igitero cyatangiriye baba abo cyatwaye ubuzima n’abakirokotse, bose bagizwe intwari z’u Rwanda mu cyiciro cy’Imena, ndeste iri shuli ry’i Nyange riza kuvugururwa ariko icyumba biciwemo gishyirwamo ibiranga ayo mateka y’ubutwari kugira ngo n’abandi babigireho.

Mujawamahoro ashyinguye kuri iri shuri yiciweho
Na mugenzi we Ndemeye
Ishuri bigagamo ubu ribumbatiye amateka y’ibyahabereye

Abanyeshuri bose bigaga muri uwo mwaka wa gatandatu bagizwe Intwari

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + one =

Previous Post

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Next Post

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Related Posts

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

IZIHERUKA

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives
MU RWANDA

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.