Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene, zirimo amatungo magufi.

Iyi miryango yahawe inkunga, irimo iyahawe ihene 63 n’ingurube 75, yishimira ko aya matungo agiye kuyifasha kwiteza imbere.

Byakozwe n’Itorero rya EMLR ku bufatanye na compassion isanzwe ikorana na ryo hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abagenerwabikorwa b’uyu mushinga.

Bankundiye Seraphine utagiraga itungo ati “Iri tungo nari ndikeneye kandi rizamfasha kwiteza imbere. Nari ndiho ntagira itungo kuko iryo nari mfite bari bararyibye, numvaga ari ikibazo ari n’agahinda kuba ntagiraga itungo,ariko ubu ngiye kongera kubona agafumbire.”

Habiyaremye Dismas wahawe ingurube na we yagize ati “Itungo mpawe ndyakiriye neza cyane, hari icyo rigiye guhindura ku mibereho y’umuryango wanjye, kuko nzabona agafumbire na mituweri, kandi nzarifata neza imana nimfasha iyi ngurube izanjyeza no ku nka.”

Uretse amatungo magufi, hatanzwe amabati 603 n’imifuka ya sima 243 ku miryango yabaga mu nzu zitameze neza, aho bamwe bavirwaga abandi bakararana n’amatungo kubera inzu nto.

Nyirahabagusenga Laurence wahawe amabati ati “Imvura yagwaga nkavirwa none ubu ndi gushima ko bampaye amabati y’aho nzajya nugama,ntago nari kubona ubushobozi bwo kwigurira n’amabati abiri, ariko bampaye amabati arindi ejo kare ndahita nyasakara.”

Gaserurwa Emmanuel wahawe imifuka irindwi ya sima na we yagize ati “Nari ntaruzuza neza inzu yanjye none bampaye sima ubu ngiye kubaka neza nanjye mbe ahantu heza.ndishimye cyane imana ibahe umugisha.”

Umuyobozi wa Conferance ya Kinyaga mu Itorero Methodiste Libre mu Rwanda (EMLR) Past. Hakizimana Felicien avuga ko ibikorwa nk’ibi biri mu ntego z’iri Torero kandi ko mbere yo guhabwa ubu bufasha babanje kwigishwa uburyo bagomba kubiheraho biteza imbere bityo ubutaha ntibabe bakibarirwa mu batishoboye.

Past. Felicien agira ati “Mu ntego ishantu dufite nk’Itorero ryacu, harimo n’iterambere. Tugomba gufasha abaturage b’aho dukorera, ni abaturage b’Igihugu ni abakirisito bacu. Hari abo Leta iba yaragaragaje bafite ibibazo bitandukanye by’imibereho, abo ni bo duheraho, twabahaye ihene n’ingurube rero ngo zibafashe kwiteza imbere, twatanze amabati na sima ku miryango yari ifite ibibazo by’aho kuba.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Muhayeyezu Joseph Desire ashimira umusanzu w’Itorero EMLR kandi akizeza ko hashyizweho uburyo bwo gukurikirana ko aya matungo bahawe.

Ati “EMLR iri mu murongo mwiza w’Igihugu cyacu mu gufasha abatishoboye no kubavana mu bukene. Ni igikorwa dushima cyane nk’Akarere, ni umusanzu ukomeye cyane mu rugendo rwo kuvana abaturage bacu mu bukene. Abahawe ariya matungo ni abantu tudafite mu mpapuro gusa kuko tubazi no ku masura, dufite abafashamyumvire muri buri mudugudu bazakurikirana ariya matungo ku buryo ntawe uzarijyana ku isoko.”

Ubu bufasha bw’amatungo magufi ndeste n’ibikoresho by’ubwubatsi byatanzwe hagamije guteza imbere imibereho y’abaturage batishoboye muri Paruwasi ya Kamonyi, bifite agaciro k’arenga miliyoni 20 Frw.

Imiryango myinshi yorojwe amatungo magufi
Aba baturage bishimiye aya matungo

Aya matungo agiye kubafasha kwiteza imbere
Hari n’abahawe amabati
Hari n’abahawe sima

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Next Post

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Related Posts

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

by radiotv10
09/06/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera...

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

IZIHERUKA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho
AMAHANGA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.