Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene, zirimo amatungo magufi.

Iyi miryango yahawe inkunga, irimo iyahawe ihene 63 n’ingurube 75, yishimira ko aya matungo agiye kuyifasha kwiteza imbere.

Byakozwe n’Itorero rya EMLR ku bufatanye na compassion isanzwe ikorana na ryo hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abagenerwabikorwa b’uyu mushinga.

Bankundiye Seraphine utagiraga itungo ati “Iri tungo nari ndikeneye kandi rizamfasha kwiteza imbere. Nari ndiho ntagira itungo kuko iryo nari mfite bari bararyibye, numvaga ari ikibazo ari n’agahinda kuba ntagiraga itungo,ariko ubu ngiye kongera kubona agafumbire.”

Habiyaremye Dismas wahawe ingurube na we yagize ati “Itungo mpawe ndyakiriye neza cyane, hari icyo rigiye guhindura ku mibereho y’umuryango wanjye, kuko nzabona agafumbire na mituweri, kandi nzarifata neza imana nimfasha iyi ngurube izanjyeza no ku nka.”

Uretse amatungo magufi, hatanzwe amabati 603 n’imifuka ya sima 243 ku miryango yabaga mu nzu zitameze neza, aho bamwe bavirwaga abandi bakararana n’amatungo kubera inzu nto.

Nyirahabagusenga Laurence wahawe amabati ati “Imvura yagwaga nkavirwa none ubu ndi gushima ko bampaye amabati y’aho nzajya nugama,ntago nari kubona ubushobozi bwo kwigurira n’amabati abiri, ariko bampaye amabati arindi ejo kare ndahita nyasakara.”

Gaserurwa Emmanuel wahawe imifuka irindwi ya sima na we yagize ati “Nari ntaruzuza neza inzu yanjye none bampaye sima ubu ngiye kubaka neza nanjye mbe ahantu heza.ndishimye cyane imana ibahe umugisha.”

Umuyobozi wa Conferance ya Kinyaga mu Itorero Methodiste Libre mu Rwanda (EMLR) Past. Hakizimana Felicien avuga ko ibikorwa nk’ibi biri mu ntego z’iri Torero kandi ko mbere yo guhabwa ubu bufasha babanje kwigishwa uburyo bagomba kubiheraho biteza imbere bityo ubutaha ntibabe bakibarirwa mu batishoboye.

Past. Felicien agira ati “Mu ntego ishantu dufite nk’Itorero ryacu, harimo n’iterambere. Tugomba gufasha abaturage b’aho dukorera, ni abaturage b’Igihugu ni abakirisito bacu. Hari abo Leta iba yaragaragaje bafite ibibazo bitandukanye by’imibereho, abo ni bo duheraho, twabahaye ihene n’ingurube rero ngo zibafashe kwiteza imbere, twatanze amabati na sima ku miryango yari ifite ibibazo by’aho kuba.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Muhayeyezu Joseph Desire ashimira umusanzu w’Itorero EMLR kandi akizeza ko hashyizweho uburyo bwo gukurikirana ko aya matungo bahawe.

Ati “EMLR iri mu murongo mwiza w’Igihugu cyacu mu gufasha abatishoboye no kubavana mu bukene. Ni igikorwa dushima cyane nk’Akarere, ni umusanzu ukomeye cyane mu rugendo rwo kuvana abaturage bacu mu bukene. Abahawe ariya matungo ni abantu tudafite mu mpapuro gusa kuko tubazi no ku masura, dufite abafashamyumvire muri buri mudugudu bazakurikirana ariya matungo ku buryo ntawe uzarijyana ku isoko.”

Ubu bufasha bw’amatungo magufi ndeste n’ibikoresho by’ubwubatsi byatanzwe hagamije guteza imbere imibereho y’abaturage batishoboye muri Paruwasi ya Kamonyi, bifite agaciro k’arenga miliyoni 20 Frw.

Imiryango myinshi yorojwe amatungo magufi
Aba baturage bishimiye aya matungo

Aya matungo agiye kubafasha kwiteza imbere
Hari n’abahawe amabati
Hari n’abahawe sima

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 9 =

Previous Post

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Next Post

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.