Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari rurangiranwa ku Isi, Elon Musk uherutse guterana amagambo na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko yicuza kuri bimwe yavuze kuri uyu Mukuru w’Igihugu cy’igihangange.

Guterana amagambo hagati ya Trump na Musk bari basanzwe ari inshuti z’akadasohoka, kwagaragaye mu buryo bweruye mu minsi ishize, aho buri umwe yanyuraga ku ruhande agatangaza icyo anenga undi.

Ubu bushyamirane bwazamuwe n’ibyatangajwe n’uyu munyemari wanenze ibyemezo bya Trump bijyanye n’itegeko rishya ryecyeye imisoro, aho yavuze ko ari “amahano adasanzwe akoze.”

Iryo tegeko rikiri mu mushinga, ryitezweho kugabanya imisoro ndetse no kongera ingengo y’imari ishyirwa mu gisirikare cya America, aho uyu mushinga wamaze kwemezwa n’Umutwe w’Abadepite, ukaba utegerejwe gutorwa na Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America iri kuwusuzuma.

Uyu munyemari nyiri Kompanyi ya Tesla ndetse akaba ari na nyiri urubuga nkoranyambaga rwa X, yahamagariye Abanyamerika kwamagana uyu mushinga w’itegeko, kuko ushobora kuzaganisha mu kangaratete Igihugu cyabo, kikaba cyagira “ihungabana ridasanzwe mu bukungu mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka.”

Uyu mugabo uza ku isonga mu baherwe ku Isi, yagiye atangaza ibitekerezo bigamije kugaragaza Trump nabi imbere y’Abanyamerika, nk’aho yavuze ko uyu munyapolitiki ari muri dosiye zitagiye hanze ku byaha byaregwaga Jeffrey Epstein waregwaga ihohotera rishingiye ku gitsina waje gupfira aho yari afungiye muri 2019.

Mu butumwa Musk yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kamena 2025, yavuze ko yicuza kuri bimwe yatangaje kuri Perezida Trump.

Yagize ati “Ndicuza ku butumwa bumwe natangaje kuri Perezida Donald Trump mu cyumweru gishize. Bwageze kure cyane.”

Ubwo ubu bushyamirane bwari bwakajije umurego, umutungo wa Musk wataye agaciro mu buryo budasanzwe ku isoko ry’imari, aho agaciro ka Tesla kari kagabanutseho miliyari 150 USD, ku gipimo cya 14% mu gihe Elon Musk we ubwe gusa umutungo we wari wataje agaciro kuri miliyari 26 USD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga

Next Post

Herekanywe abasore bakekwaho ibikorwa bitemewe bakoraga biyoberanyije

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Herekanywe abasore bakekwaho ibikorwa bitemewe bakoraga biyoberanyije

Herekanywe abasore bakekwaho ibikorwa bitemewe bakoraga biyoberanyije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.