Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari rurangiranwa ku Isi, Elon Musk uherutse guterana amagambo na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko yicuza kuri bimwe yavuze kuri uyu Mukuru w’Igihugu cy’igihangange.

Guterana amagambo hagati ya Trump na Musk bari basanzwe ari inshuti z’akadasohoka, kwagaragaye mu buryo bweruye mu minsi ishize, aho buri umwe yanyuraga ku ruhande agatangaza icyo anenga undi.

Ubu bushyamirane bwazamuwe n’ibyatangajwe n’uyu munyemari wanenze ibyemezo bya Trump bijyanye n’itegeko rishya ryecyeye imisoro, aho yavuze ko ari “amahano adasanzwe akoze.”

Iryo tegeko rikiri mu mushinga, ryitezweho kugabanya imisoro ndetse no kongera ingengo y’imari ishyirwa mu gisirikare cya America, aho uyu mushinga wamaze kwemezwa n’Umutwe w’Abadepite, ukaba utegerejwe gutorwa na Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America iri kuwusuzuma.

Uyu munyemari nyiri Kompanyi ya Tesla ndetse akaba ari na nyiri urubuga nkoranyambaga rwa X, yahamagariye Abanyamerika kwamagana uyu mushinga w’itegeko, kuko ushobora kuzaganisha mu kangaratete Igihugu cyabo, kikaba cyagira “ihungabana ridasanzwe mu bukungu mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka.”

Uyu mugabo uza ku isonga mu baherwe ku Isi, yagiye atangaza ibitekerezo bigamije kugaragaza Trump nabi imbere y’Abanyamerika, nk’aho yavuze ko uyu munyapolitiki ari muri dosiye zitagiye hanze ku byaha byaregwaga Jeffrey Epstein waregwaga ihohotera rishingiye ku gitsina waje gupfira aho yari afungiye muri 2019.

Mu butumwa Musk yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Kamena 2025, yavuze ko yicuza kuri bimwe yatangaje kuri Perezida Trump.

Yagize ati “Ndicuza ku butumwa bumwe natangaje kuri Perezida Donald Trump mu cyumweru gishize. Bwageze kure cyane.”

Ubwo ubu bushyamirane bwari bwakajije umurego, umutungo wa Musk wataye agaciro mu buryo budasanzwe ku isoko ry’imari, aho agaciro ka Tesla kari kagabanutseho miliyari 150 USD, ku gipimo cya 14% mu gihe Elon Musk we ubwe gusa umutungo we wari wataje agaciro kuri miliyari 26 USD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga

Next Post

Herekanywe abasore bakekwaho ibikorwa bitemewe bakoraga biyoberanyije

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Herekanywe abasore bakekwaho ibikorwa bitemewe bakoraga biyoberanyije

Herekanywe abasore bakekwaho ibikorwa bitemewe bakoraga biyoberanyije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.