Bamwe mu bo mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko batumva ukuntu bari gusoreshwa ubutaka bwabo bahereye mu mwaka wa 2019 kandi bwarashyizwe mu miturire umwaka ushize wa 2024.
Umwaka ushize Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwavuguruye igishushanyo mbonera cy’imiturire n’ubutaka. Ubusanzwe ubutaka buhingwaho burenze Hegitare n’uburi mu miturire burasorerwa.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kageze mu Murenge wa Gahengeri, baravuga ko kuva imikoreshereze y’ubutaka muri aka Karere yahinduka n’aho batangiye gusoreshwa ubutaka bwabo bahingagaho ndetse Notariya w’ubutaka ngo akabasaba kwishyura guhera 2019 mu gihe ubu butaka bwabo bwari mu buhinzi.
Uwitwa Muhawenimana ati “Kagezi hari ubuhinzi, mu mwaka wa 2024 batubwira ko ari imiturire. Uyu munsi wa none urimo kugenda wagera kwa Noteri akavuga yuko tugomba gusora duhereye 2019. None se ko iyo miturire ko ije mu myaka ibiri, baraduca ayo mafaranga yose ngo tuzayakure hehe? Niba baraduhaye imiturire ntibakabaye badusoresha kiriya gihe cy’ubuhinzi twari turimo.
Umutesi Jeannette na we yagize ati “Imbogamizi bashyizeho ni iyo misoro. Ese ntabwo badufasha tugahera muri 2024 iyo miturire bayemeje akaba ari bwo twatangira gusora?”
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo avuga ko na we atumva uburyo abaturage baba bari gusoreshwa kuva muri 2019 nyamara icyemezo bagenderaho cyarafashwe muri 2024.
Ati “Itegeko ritangira kubahirizwa umunsi ryatoweho, bivuze ko niba mu by’ukuri uburyo nababwiye bakwiye gutangira gusora barabyumvise neza, Igishushanyobonera cyemejwe mu 2024 ari nabwo bagombaga gutangira gusora.”
Umuyobozi Wungiri w’Akarere avuga ko niba Noteri ari kubwira aba baturage umwaka utari wo, agiye gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo gihabwe umurongo.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10