• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari mu byishimo nyuma yo kubakirwa irigezweho.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025, abacururiza hejuru y’iri soko rya Kabarondo bari babwiye RADIOTV10 ko bahanyagirirwa, abandi na bo bacururizaga hasi mu nkengero z’iri soko, na bo bavugaga ko hababangamiye kuko hatabonaga.

Icyo gihe kandi Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwari bwazeje aba bacuruzi ko mu mpera z’uyu mwaka w’Ingengo y’Imari bazaba babonye aho bacururiza habanogeye.

Aba bacuruzi, ubu barashimira ubuyobozi n’Itangazamakuru ryabakoreye ubuvugizi, kuko ubu bacururiza ahantu hatwikiriye hajyanye n’igihe kandi bakaba bumva batekanye.

Mukamparirwa Joseline ati “Tukiri hanze imvura yaratunyagiraga, izuba rikatwica, ariko ubu twageze mu isoko rishyashya, harazitiye senyenge ziriho.”

Iradukunda Rosine na we ati “Turashimira Perezida wa Repulika, turabashimira ko ibyo twababwiye mwatuvuganiye ubu tukaba tubonye umusaruro w’ibyo mwatuvuganiye ukaza ari mwiza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kayonza, Niyitanga Jean Damascene yasabye abahawe iri soko kurifata neza no kuribyaza umusaruro.

Ati “Mbere hahoze agasoko gatoya katajyanye n’igihe, Leta ibubakira ririya soko. Icyo tubasaba ni uko isoko ari iryabo, nubwo Akarere karyubatse mu kibanza cy’Akarere ni iry’abaturage, bagomba kurifata neza bakaribungabunga, ari icyangiritse kigaragazwa abantu bakagisana.”

Aba bacuruzi bacuruza ibiribwa birimo imboga n’imbuto, bavuga ko baruhutse ivumbi, imvura bahuraga na byo kandi bagashimangira bagiye gukora baharanira kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabo.

Aho bacururizaga habateraga agahinda
Ubu baracururiza ahagezweho

Barashimira itangazamakuru ryabakoreye ubuvugizi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 19 =

Previous Post

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Next Post

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.