Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye yo kubakisha, ariko bagatungurwa no kumva ko Akarere gashaka kuhaha undi mushoramari, ibyo bo bita itonesha, bagasaba ko bihagarikwa kuko abaturage bose bareshya.

Aba abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bakorera muri ubwo butaka ubucukuzi bw’amabuye yo kubakisha bari baratijwe na Leta, baranateye ibiti ku nkengero zabwo.

Aba baturage banashinze Koperative bise CARIKIREHE, bavuga ko buri wese yagiye afata ahantu he akahakorera, ariko ko bamwe batangiye guhagarikwa gukoreramo.

Uwitwa Bizimana Jean Pierre yagize ati “Aha mpakoreye imyaka itandatu, ejobundi ku italiki ya 16 z’ukwezi kwa gatandatu icyangombwa cyanjye cyararangiye bahise bampagarika bahagarika n’imodoka kuza hano ngo ntizizongere kuzamo.”

Nigena Ismael avuga ko hari umushoramari waburanye n’ubuyobozi bw’Akarere, akabutsinda, none akaba agiye guhabwa ubu butaka bakoreragamo.

Ati “Baraza barapima bavuga ko ubutaka ari ubwa Leta ariko tukaba tubufiteho ibiti. Tukibaza ese niba baje kumuha ubutaka bwabo bwa Leta tukaba tubufiteho ibiti ko natwe byari bidufitiye umumaro kandi uwo umuntu bashaka kuhaha afite uburenganzira nk’ubwo dufite baza kumuha mu butaka dufitemo ibikorwa gute? Nta muturage uruta undi imbere y’amategeko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakimenye kandi ko bagiye kugikurikirana kugira ngo kibonerwe umuti.

Yagize ati “Nanjye ubwanjye nagiyeyo ndahasura ndeba ibirimo n’ubu ndateganya muri ki cyumweru gusubirayo. Ibyo byose tuzabireba, igikuru cyo navuze ni ubutaka bwa Leta kandi hari icyo buba bwagenewe gukora, ariko ni na yo nzira turimo ducamo kugira ngo dukemure ibibazo by’abaturage bose.”

Aba baturage bakorera muri ubu butaka buri mu Mudugudu wa Karembo mu Kagari ka Kiyanzi mu Murenge wa Nyamugari, bavuga ko ntacyo Leta yabasabye kubukoreramo ngo kibananire, ku buryo byashingirwaho babwakwa.

Bizimana Jean Pierre avuga ko ari gukurwa mu butaka amaze imyaka itandatu akoreramo
Nigena Ismael na we ntabyumva
Ubutaka bakoreragamo ibikorwa byo gucukura amabuye yubakishwa
Bavuga ko ubuyobozi bukwiye guca inkoni izamba

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Next Post

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.