Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro bavuga ko barembejwe n’abajura badatinya no kubasanga mu nzu babanje kuzicukura, nyamara ngo igihe babafashe bakabashyikiriza inzego, zihita zibarekura, nyamara barababujije kwihanira.

Aba baturage bo mu Kagari ka Nganzo mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko aba bajura bishora mu mirima yabo bakabiba imyaka bihingiye, ndetse bakabiba n’amatungo, kandi ko biri gufata intera yo hejuru.

Nsanzumuhire Sostene ati “Bimeze nk’amashitani yavuye ikuzimu ku buryo twabuze n’aho duhungira kuko ntawe ucyorora, nta nzu ikigira urugi ruzima, ntawe ucyorora ingurube, inkoko, ihene zarashize n’inka zarashize.”

Murekatete na we ati “Baza gutobora inzu uyiryamyemo cyangwa waba ufite n’itungo mu kiraro ukabyuka ugasanga barijyanye.”

Uretse ubwo bujura bavuga ko buri ku rwego rwo hejuru, abatuye muri aka gace bagaragaza ko hari n’abagirirwa nabi n’aba bajura. Itangishaka Philemon amaze amezi abiri atemwe n’abo bajura ubwo yari agiye kurinda ibishyimbo bye.

Ati “Nasanze bari kunyiba mbatesheje barantema kubera ko inaha utarinze imyaka yawe ntacyo wabona kuko n’ikawa bagusangamo uri gusoroma akaba ari wowe wiruka ku manywa y’ihangu.”

Bavuga ko ikibabaje ari uko aba bajura n’abafashwe badahanwa uko bikwiye, nyamara ubuyobozi bwarababujije kujya bihanira.

Nsanzumuhire Sostene ati “Iyo tubijyanye tumera nk’abagiye kumena ivu kuko kiza kigugurikiye kandi twasabye ngo byibura icyo dufashe tujye tucyica barabyanga kandi twabibashyikiriza ntibabiduhanire none mudusabire bajye babihana by’intangarugero n’ibindi birebereho.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana impamvu abo bajura badahanwa kandi bashyikirijwe ubuyobozi kugira ngo abaturage n’ibyabo birusheho gutekana.

Ati “Ni ukureba impamvu babishyikiriza ubuyobozi ntibugire icyo bukora maze tumenye uko byagenze kuko ni inshingano zacu nk’ubuyobozi gufatanya n’inzego bireba mu gukemura ibibazo by’abaturage ariko by’umwihariko turinda umutekano wabo n’ibyabo.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko ibibazo nk’ibi bijyanye n’umutekano bitakemuka mu gihe hatabayeho ubufatanye n’abaturage ariko ko bigenda bikemurwa buhoro buhoro dore ko ingingo y’umutekano w’ibintu n’abantu iri mu byagarutsweho na raporo y’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB yasohotse umwaka ushize wa 2024, ku nshuro yayo ya 11, ikagaragaza ko urwego rw’umutekano rwizewe n’abaturage kuri 93,82% kandi umutekano w’ibintu ukaza ku kigero cya 87,51% bivuye kuri 69,80% byariho muri 2023.

Itangishaka Philemon we yanasagariwe n’ibi bisambo biramutema

Aba baturage bavuga ko bababazwa no kubona ababiba bagafatwa bahita barekurwa
Bavuga ko bidakwiye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Next Post

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.